Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2017 ,abantu 18 nibo baguye mu gitero cyagabwe n’abo mu bwoko bw’Abaluba mu gace ka Mutiba gatuwe n’Abatwa kuri Kilometero 148 uvuye ku cyicaro gikuru cya Teritwari ya Manono mu Ntara ya Tanganyika ho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Nk’uko bitangazwa n’abayobozi muri aka gace ngo muri aba bantu 18 bishwe harimo 11 bo mu bwoko bw’Abaluba naho 8 7 ni abo mu bwoko bw’Abatwa,ngo iki gitero gishingiye amakimbirane akunze kurangwa hagati y’aya moko.
Umuyobozi wa Teritwari ya Manono yamaganiye kure iki gitero .Akaba yashyizeho gahunda yihutirwa igamije gukangurira abaturage muri aka gace kubana mu mahoro nk’uko bitangazwa na Radio Okapi dukesha iyi nkuru.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Iki gitero kikaba kibaye nyuma y’ukwezi kumwe gusa hashyizweho ubuyobozi bw’ihuriro rigamije kugarura amahoro hagati y’ubwoko buhora buhanganye mu Ntara ya Tanganyika.
Umuyobozi wa Sosiyete Sivile ikorera i Manono akaba asaba ubu bwoko gukurikiza amabwiriza y’iri huriro kugirango bimakaze amahoro hagati yabo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gabriel Habineza/Bwiza.com


