Bwa mbere umukinnyi ufite Tour de France inshuro enye azitabira Tour du Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku magare, Christopher Froome w’imyaka 37, ni umwe mu bategerejwe mu rwa Gasabo muri Gashyantare 2023 aho azitabira Tour du Rwanda.

Isiganwa rikuru mu Rwanda, Tour du Rwanda ryazamuriwe urwego riva ku kigero cya 2.2 kuri ubu rikaba riri ku kigero cya 2.1. Kuva ryagera kuri 2.1 mu mwaka wa 2019, nta Munyarwanda uraryegukana, bijyanye n’urwego ruri hejuru rw’abakinnyi baryitabira aho iriheruka ryegukalywe n’Umunya-Eritrea Natnael Tesfatsion.

Mu isiganwa ry’uyu mwaka rizaba rikinwa ku nshuro ya 15 muri rusange, hazaba harimo Umwongereza ukomoka muri Kenya, Christopher Froome watwaye isiganwa rya mbere ku Isi, Tour de France, inshuro enye.

Uyu mukinnyi yabyemeje akoresheje imbuga nkoranyambaga ze, ati: “Muraho mwese? Ni Chris Froome. Nshimishijwe no gutangaza ko nzitabira Tour du Rwanda muri Gashyantare. Bizaba ari inshuro ya mbere muri Afurika, nzagira ubunararibonye yo kurushanwa mu Rwanda kandi niteze ko rizaba ari isiganwa ridasanzwe.”

Kuri ubu, akinira Israel Premier Tech and Uno-X of Norway yo muri Israel yatwaye ibihembo birindwi (7) binini birimo Tour de France ubugira kane (muri 2013, 2015, 2016 na 2017), atwara Giro d’Italia (2018) ndetse na Vuelta a España ubugira kabiri (2011 and 2017). Yatwaye kandi nandi masiganwa mato menshi, ndetse atwara ‘Velo d’Or’ cyangwa igare rya zahabu inshuro eshatu zose.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *