Polisi n’ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka muri Zambia bagabye igitero ku nzu iherereye ahitwa Chirundu aho basanze abantu 29 bakekwaho kuba abimukira binjiye binyuranyije n’amategeko bakomoka mu Burundi .
Mu itangazo ryahurijwe hamwe ryasomwe n’umuvugizi wungirije wa polisi, Danny Mwale, hamwe n’umuvugizi w’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, Josephine Malambo, ngo iperereza ry’ibanze ryerekanye ko abimukira bari hafi kwinjizwa muri Zimbabwe.
Ati: “Ahagana mu masaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, abapolisi bakiriye amakuru y’abaturage ko abimukira mu buryo butemewe bacumbikiwe mu nzu iri mu kigo cy’ubutumwa mu karere ka Chirundu.
Polisi yamenyesheje abapolisi bo mu ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka maze bafatanya gukurikirana ayo makuru maze abantu 29 bakekwaho kuba bafite imyaka iri hagati ya 10 na 40 bakekwaho kuba ari Abarundi barafatwa. ”
Byagaragaye kandi ko muri bo harimo abagore icyenda, umuto akaba afite imyaka 10 nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga mwebantu.com rwo muri Zambia ivuga.
Iperereza ryakozwe ryagaragaje ko mu bafashwe harimo Abenegihugu 12 b’u Burundi binjiye muri Zambia banyuze ku mupaka wa Zombe ku ya 7 na 9 Mutarama uyu mwaka.
Hagati aho, 13 bafite inyandiko mpimbano zo muri Tanzania binjiye muri Zambia banyuze i Mbala ku ya 10 Mutarama 2023 na bane ni abanyamahanga badafite ibyangombwa.
Iri tangazo rigira riti: “Ubu bari ku biro by’abinjira n’abasohoka muri Chirundu barimo gukorerwa igenzura.”


