Somalia: Ba rushimusi mu mazi bashimuse ubwato bashaka kujya bakoresha batera andi mato

Sangiza iyi nkuru

Ba rushimusi bo mu mazi bo muri Somalia bongeye gushimuta ubwato buto bwo muri iki gihugu bashaka kujya bakoresha mu kugaba ibitero ku mato manini nk’uko byatangajwe n’igipolisi cya Somalia kuri uyu wa gatanu. Abantu 10 bakomoka muri Yemen bari muri ubu bwato bwashimuswe bo bakaba babwirukanwemo bagashyirwa ku nkombe nk’uko abayobozi babitangarije Reuters.

“Twumvise ko ba rushimusi bashimuse ubwato bw’uburobyi ngo bazashimute ubwato bunini mu Nyanja”, uwo ni Abdirahman Mohamud, umuyobozi w’ishami rya polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi mu gice cya Somalia cyigenga bicagase cya Puntland.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Yakomeje avuga ko abanya-Yemeni 10 n’umurinzi w’Umusomali bari bari muri ubu bwato babukuwemo bagashyirwa ku nkombe mbere yo guhita baburana ubwato, ibyo kurya byari birimo, uwari ushinzwe guteka, captain wabwo ndetse n’umukanishi wabwo.

Abaturage bo mu mujyi wo mu majyaruguru ya Somalia witwa Eyl bemereye Reuters ko ba rushimusi baturuka mu giturage cyabo bagiye gushakisha ibipimo bikomeye.

Ni ku nshuro ya kabiri muri uku kwezi habayeho gushimuta ubwato, aho kuwa 13 Werurwe nabwo bari bashimutiye ubundi bwato muri iki gice.

Aho hakaba hari ku nshuro ya mbere barushimusi bigaruriye ubwato bw’ubucuruzi kuva mu 2012, nyuma yaho ibigo bifite amato bikaba byari byarakodesheje abashinzwe umutekano bigenga bafatanya n’amato y’intambara y’amahanga kurinda umutekano wo mu mazi.

 
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *