RDC: Babona kujya muri zone ya Sabyinyo kwa M23 kuzahungabanya umutekano w’ingagi

Sangiza iyi nkuru

Abagize umuryango utari uwa Leta uharanira uburenganzira bw’ingagi muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Gorilla Ambassador, ntibashyigikiye ko abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 wasubira muri zone ya Sabyinyo muri Pariki ya Virunga.

Uyu muryango mu itangazo ryo kuri uyu wa 15 Mutarama 2023 ryashyizwe hanze n’Umuyobozi wawo wungirije, Alain Mukiranya, wasobanuye ko ingagi zimaze igihe kinini ziri mu buzima bubi kubera abarwanyi ba M23 bari muri Pariki ya Virunga.

Mukiranya abona bidakwiye ko ingagi zikomeza kubana n’aba barwanyi kuko ngo nta mutekano zaba zifite. Ati: “Kujya kw’inyeshyamba ku kirunga cya Sabyinyo ni ikibazo ku ngagi zahungabanye igihe kirekire muri iyi ntambara, zigahigwa, zikanagabanyuka mu mubare. Kuhaba kw’izi nyeshyamba kuzongera ubuhigi kubera ko zizatema ibiti byo gucanamo amakara yo kugurisha.”

Yasabye Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, gukoresha uburyo bwa dipolomasi kugira ngo hashakwe ahandi hantu abarwanyi ba M23 baba bacumbitse, ariko atari muri Pariki hasanzwe ari umurage w’Isi.

Hashingiwe ku byemezo byafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari yabereye muri Angola mu Gushyingo 2023, M23 yagombaga kurara isubiye muri zone ya Sabyinyo kuri uyu wa 15 Mutarama ariko ntiratangaza niba yabyubahirije cyangwa itabyubahirije.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *