Tom Transfers ishinjwa guhuguza abakiriya miliyari 2 frw yafunze imiryango mu gihe iperereza rikomeje

Sangiza iyi nkuru

Ikigo cya Tom Transfers, kigurisha kikanakodesha imodoka mu Rwanda no mu bindi bihugu, gikurikiranyweho icyaha cyo guhuguza abakiriya miliyari 2 z’amafaranga y’u Rwanda y’imodoka, cyafunze imiryango mu gihe iperereza rigikomeje ku byaha bivugwa .

Abantu benshi babwiye ikinyamakuru The New Times ko bahaye isosiyete amafaranga yo kubatumiriza imodoka, ariko kuva muri Gicurasi umwaka ushize ntibabonye imodoka zabo cyangwa ngo basubizwe.

Bamwe bari baratumije imodoka zo guhita bakoresha mu buzima bwabo bwa buri munsi, abandi batumizaga imodoka kandi isosiyete ikazigumana ikajya izibakodeshereza ikabaha ubwishyu runaka.

“Turacyari mu gihirahiro. Twumvise ko RIB ikora iperereza ariko ntituzi ibizakurikiraho. Nyir’isosiyete yaratorotse hashize igihe. Ntabwo uyu muyobozi ari mu Rwanda kandi isosiyete nayo yafunze ibiro byayo. Bamwe mu bahohotewe bagiye mu rukiko kandi nyuma yo gutsinda abahesha b’inkiko bananiwe gushyira imitungo y’isosiyete mu cyamunara. ”Uyu ni umwe mu bahohotewe avugana n’ikinyamakuru The New Times.

Uhagarariye irindi tsinda ry’abahohotewe rirega sosiyete ya Tom Transfers avuga ko bagerageje gushaka igisubizo hanze y’urukiko, ariko biba iby’ubusa.

“Twaganiriye na nyir’ubucuruzi dushakisha igisubizo cyumvikanyweho, ariko ntitwabigezeho. Kuva mu Kuboza, twamuhaye igihe ntarengwa cy’amezi atatu, ariko yashakaga andi mezi atandatu hejuru y’andi mezi atandatu yari ashize nta kuduha imitungo yacu ”.

Irindi tsinda ry’abantu 65 bajyanye uru rubanza mu rukiko rw’ubucuruzi kandi bategereje umunsi w’iburanisha.

Abantu barenga 200 barega iyi sosiyete. Abahohotewe basabye ubuyobozi bw’igihugu kwihutisha iperereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *