Igisirikare cya Somalia kiravuga ko cyambuye Al-Shabaab ibirindiro bikomeye yari ifite ku Nyanja y’u Buhinde

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, minisitiri w’ingabo wa Somalia yavuze ko ingabo za leta zafashe ibirindiro bikomeye bya al Shabaab ku nkombe y’inyanja y’u Buhinde, muri imwe mu ntsinzi zikomeye kuva batangiza ibitero bikaze kuri uyu mutwe wa kisilamu umwaka ushize .

Minisitiri w’ingabo, Abdulkadir Mohamed Nur, yatangaje ko izo ngabo zafashe umujyi wa Harardhere uri ku cyambu kimwe n’umujyi byegeranye wa Galcad uri mu Karere ka Galmudug rwagati muri Somalia.

Harardhere yari ibirindiro bikomeye kuri ba rushimusi bo mu mazi bashimutaga amato y’abacuruzi kugeza mu 2011. Nyuma yaje kwigarurirwa na al Shabaab, yahagurukiye kurwanya leta mu 2007 mbere yo kwifatanya na al Qaeda nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Nur ati: “Uturere twa Haradhere na Galcad twakuwe mu maboko y’abaterabwoba ba al Shabaab.” “Ibi bivuze ko al Shabaab yaneshejwe kandi yagiye. Imijyi isigaye nayo izabohorwa vuba.”

Kuri uyu wa Mbere kandi, ingabo za leta, zifatanije n’imitwe yitwara gisirikare ishyigikiye leta yo muri Galmudug no mu karere bituranye ka Puntland, zafashe Eldheere, undi mujyi wo muri Galmudug, nk’uko umuyobozi mukuru w’ingabo muri Puntland, Mowlid Mahad, yabitangarije Reuters.

Abavugizi ba Al Shabaab ntibashoboye guhita baboneka kugirango bagire icyo bavuga kuri ayo makuru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *