Perezida w’umutwe witwaje wa M23, Bertrand Bisimwa, yibukije ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ko nta zindi zemerewe kujya mu bice byo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo abarwanyi bawo baherutse kuvamo.
Bitarenze tariki ya 15 Mutarama 2023, abarwanyi ba M23 bagombaga kuba barekuye ibice byose bafashe muri teritwari ya Ruthuru, Masisi na Nyiragongo, bagasubira muri zone ya Sabyinyo, hashingiwe ku byemezo byafatiwe i Luanda muri Angola.
Uyu munsi ntarengwa wageze M23 imaze iminsi ivuye ku mugaragaro mu birindiro yari ifite muri gurupoma ya Kibumba n’ikigo cya gisirikare cya Rumangabo.
Mu gihe bihwihwiswa ko abarwanyi ba M23 kuri uyu wa 16 Mutarama barekuye ibice byinshi bari basigaranye, Bisimwa mu butumwa yatangarije kuri Twitter kuri uyu 17, yavuze ko kurekura ibice kwa M23 kudaha umwanya ingabo za RDC n’indi mitwe ngo zibijyemo.
Yagize ati: “Gusubira inyuma kw’ingabo za ARC/M23 nk’uko zabyemeye ntabwo gukwiye guha umwanya mu buryo ubwo ari bwo bwose gusubira kwa FARDC n’imitwe byifatanya mu bice byasigiwe ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba.”
M23 yasezeranyijwe kwemererwa gusubira mu mishyikirano ubutegetsi bwa RDC bugirana n’imitwe yitwaje intwaro, ibera muri Kenya kuva muri Mata 2022.



2 Responses
M23 yibukije ingabo za EAC ko nta zindi zemerewe kujya mu bice yavuyemo
Amasezerano ya Luanda ntashyiraho “zone tampon” yuko ateganya ko ingabo z’igihugu cya Congo arizo zirinda igihugu cyazo ZIFASHIJWE na EAC forces. Ntabwo rero Congo yakwemera kugira agace itagenzura kubera ubushake bwa M23. Twibuke ko M23 igomba kuva mu duce yafashe “sans conditions”. Bivuze ko nta mabwiriza igomba gutanga. Icya kabili: FARDC ni igice kinini cy’ingabo za EAC. Ntibyatangaza rero FARD ariyo yiganje mu duce M23 yarekuye. Icya gatatu: Amasezerano hagati y’impande ebyili yubahirizwa ku bulyo butaziguye. Iyo hari ikibuzemo ku ruhande rumwe, aba abaye impfabusa. Bivuze ko kuva M23 itarubahirije amasezerano ku itariki nyirantarengwa (15/1/2023),amasezerano avugwa ubu yabaye impfabusa. Bigaragara ko igisigaye ari intambara! Dusenge.
M23 yibukije ingabo za EAC ko nta zindi zemerewe kujya mu bice yavuyemo
Ntugire ngo m23 ninjiji bazi icyo bashaka