Guverinoma y’u Rwanda iremeza ko ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse n’igisirikare cy’iki gihugu kuba inyuma y’imyigaragambyo yamagana ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC).
Iyi myigaragambyo yari imaze iminsi itegurwa yabereye mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 18 Mutarama 2023, aho bamwe mu bayitabiriye bari bafite ibyapa bisaba izi ngabo kuva muri RDC, cyangwa se zikarwanya byeruye umutwe witwaje intwaro wa M23.
Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 19 Mutarama 2023, yavuze ko iyi myigaragambyo yateguwe mu rwego rwo kwica amasezerano y’amahoro ya Nairobi na Luanda.
Yagize ati: “Imyigaragambyo yateguwe yamagana ingabo za EAC, i Goma no mu bindi bice bya RDC igize umugambi w’igisirikare cya RDC na guverinoma wo gusohoka mu masezerano y’amahoro ya Nairobi/Luanda. Intego y’imyigaragambyo byagaragaye ko yatera kugenda kw’ingabo, mu gihe itangazo rya Luanda risaba ko ‘ingabo za EAC zikomeza koherezwa’.”
Muri iri tangazo risubiza iryanditswe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula washinze u Rwanda ‘gukomeza gufasha M23’, Umuvugizi wa guverinoma yakomeje avuga ko uyu mudipolomate mukuru w’Umunyekongo yirengagije bimwe mu bikubiye mu masezerano ya Luanda, ahitamo kurwibasira.
Yabivuze atya: “Itangazo rya Luanda rikubiyemo ibyemezo by’ingenzi birenze ugusubira inyuma k’umutwe witwaje intwaro umwe wo muri Congo. Harimo ‘kurema uburyo bwatuma ahafashwe na M23 hagenzurwa n’ingabo za EAC, MONUSCO n’urwego ruhuriweho rushinzwe ubugenzuzi bigatangaho umusanzu’.”
Umuvugizi wa guverinoma yibutsa ko itangazo rya Luanda risaba ko ubufasha bwa politiki n’ubwa gisirikare bihabwa imitwe yitwaje intwaro yose ikorera muri RDC nka FDLR bugomba guhagarara, ariko ngo iki gihugu gikomeje kubirengaho, kikayiha intwaro kandi kikifatanya na yo mu mirwano.
Ashingiye kuri ibi bisobanuro no kuba bivugwa ko Leta ya RDC iri guha akazi abacancuro b’abanyamahanga ngo bifatanye n’ingabo mu mirwano, bibona ari ikimenyetso kigaragara neza cyerekana ko iri kwitegura intambara, aho gushaka amahoro.


