Umutwe w’inyeshyamba zirwanira muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, zataye mu gatego abapolisi ba Leta zica 42 zibaciye imitwe.
Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Werurwe 2017, ko aba bapolisi bategewe mu gace ka Kananga. Francois Kalamba, umuvugizi w’inteko nshingametegeko muri Kasai akaba avuga ko uwo mutwe wakoze ubwo bwicanyi witwa Kamuina Nsapu.
Akomeza avuga ko aba bapolisi batawe mu mutego ubwo bavaga i Kananga berekeza i Tshikapa, gusa ngo abapolisi 6 nibo babashize kurusimbuka bitewe nuko izo nyeshyamba zasanze bazi kuvuga ururimi rw’ i Tshiluba ruvugwa muri ako gace.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ijwi ry’Amerika ritangaza ko muri iyo mirwano kandi nubwo hishwe abapolisi benshi, ngo umuyobozi w’izo nyeshyamba yahasize ubuzima, inkuru ikwira mu ntara 5 zo muri Congo.
ONU ivuga ko abantu barenga 400 bamaze kwicwa muri icyo gice cyo mu ntara zo hagati muri Kongo. Benshi muri bo bahambwe mu byobo rusange, Loni ikaba imaze gutahura ibyobo 10.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com


