Al Shabaab yongeye kwivugana abasirikare ba Somalia mu gitero ku kigo cyabo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, abarwanyi ba al Shabaab bishe abasirikare batanu mu kigo cya gisirikare cya Somalia mu mujyi uherutse kongera gufatwa na guverinoma, nk’uko abasirikare n’abaturage babyemeza .

Igitero cyaje guhagarikwa, nk’uko umusirikare uri mu birindiro biri mu mujyi wa Galcad rwagati muri Somalia yabitangarije Reuters. Yavuze ko abapfuye barimo umuyobozi wungirije w’ikigo, wari mu mutwe watojwe n’Abanyamerika wo muri icyo kigo.

Iki gitero gishimangira iterabwoba rikomeye al Shabaab iteje igisirikare cya Somalia, ndetse na nyuma y’ibitero bikomeye guverinoma yatangije umwaka ushize byashegeshe uyu muwe ukorana na Al Qaeda.

Capt. Issa Abdullahi yavuze ko abarwanyi ba Al Shabaab bateye ibirindiro bya Galcad mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, baturitsa ibisasu byari mu modoka ndetse barasisha n’imbunda zabo.

Ibi birindiro biyobowe na Danab, umutwe w’abakomando batojwe na Amerika bagize uruhare mu bitero byibasiye umutwe wa Al Shabaab.

Abdullahi yagize ati: “Kugeza ubu tuzi umuyobozi wungirije w’umutwe w’abakomando ba Danab, Major Hassan Mohamed Osman (Ture) n’abandi bane bishwe.”

Iki gitero kije gikurikira ikindi cyo kuwa Kabiri ushize uyu mutwe wa Al Shabaab wagabye ku kigo cya gisirikare giherereye mu Mujyi wa Hawadley y’Amajyaruguru cyahitanye abasirikare 11 ba Somalia barimo komanda w’iki kigo.

Ni nyuma y’aho Ingabo za Somalia zari umunsi umwe mbere yaho zari zabashije kwambura umutwe wa Al Shabaab ibirindiro wari umaranye imyaka ku nkombe z’Inyanja y’u Buhinde.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *