Kuri iki Cyumweru, itriki 22 Mutarama, umurambo watemaguwe w’umunyamakuru ukomeye wo muri Cameroun wabonetse hafi y’umurwa mukuru, Yaounde, nyuma y’iminsi itanu ashimuswe n’abagizi ba nabi batamenyekanye, nk’uko ihuriro ry’abanyamakuru na mugenzi we babitangaje nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bibitangaza .
Abavuganira itangazamakuru bavuze ko ibura rya Martinez Zogo n’urupfu rwe ari ikindi kimenyetso cyerekana akaga ko gutanga amakuru mu gihugu cya Cameroun.
Zogo, wari Umuyobozi wa radiyo yigenga, Amplitude FM, yashimuswe ku ya 17 Mutarama n’abantu batamenyekanye nyuma yo gushaka kwinjira mu biro bya polisi kugira ngo ahunge abamuteye, nk’uko byatangajwe na Reporters Without Borders (RSF).


