Kiwanja: M23 yongeye gukozanyaho na FDLR nyuma yo kugwa mu mutego wayo

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’imirwano hagati y’inyeshyamba za M23 n’izo mu mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda wa FDLR, kuri iki Cyumweru gishize, itariki ya 22 Mutarama, ituze ryagarutse mu gace ka Kiwanja, muri Teritwari ya Rutshuru, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru .

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, iyi mirwano yabaye igihe ikamyo y’ibiribwa yari itwawe na M23 iturutse ahitwa Kazaroho muri Bwito, yitambikwaga n’inyeshyamba za FDLR nk’uko bitangazwa na Politico.cd.

Hagati aho, ibintu bikomeje kuba bibi muri Zone ya Tongo, by’umwihariko ahitwa Mudugudu, Shonyi na Rusekera. Aho, imitwe ya CMC Nyatura hamwe n’indi ihora itega ibico umutwe wa M23 bikurikirwa n’imirwano ikaze.

Iyi nkuru ivuga ko bamwe mu barwanyi ba M23 baba barafashwe bugwate na Mai-Mai berekeza muri Tongo, nk’uko ngo byemezwa n’abatuye muri iki gice ariko umutwe wa M23 ntacyo urabivugaho.

Iyi nkuru ikaba yibutsa ko abarwanyi bose bari muri kariya gace baagumanye ibirindiro byabo, aho bivugwa ko nta na zimwe zirirukanwa aho zabishinje.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Kiwanja: M23 yongeye gukozanyaho na FDLR nyuma yo kugwa mu mutego wayo
    Umurabesha kuko twarabamenye mushigikiye m23 ntakinyamakuru cyo murwanda gikwiye kwizerwa kuko m23 niyabanyarwanda bityo ntimwayivuganabi m23 yirukanywe mugace katongo nigice cyakiwanja muje muvugishukuri

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *