Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 24 Mutarama 2023, muri Teritwari ya Rutshuru haravugwa imirwano ikomeje hagati ya M23 na FARDC n’imitwe bifatanyije, aho iyo mirwano ivugwa ahitwa Burungu na Kihonga, aho amakuru avuga ko inyeshyamba za M23 zishaka gufunga umuhanda Kitshanga-Goma .
Iyi mirwano iravugwa hagati ya Masisi na Rutshuru, mu bice bya Bishusha, Ngesha na Bishakishaki, aho bivugwa ko harimo kumvikana urusaku rw’imbunda nto n’iziremereye mu mujyi wa Kitshanga no mu nkengero zawo nk’uko amakuru akomeje gukwirakwira kuri twitter avuga.

Umuyobozi wa sosiyete sivile ya Kitshanga, aravuga ko ubwoba ari bwose mu baturage ba Kitshanga, Kabalekesha na Burungu. Ati “ Ingabo zacu zirimo kwitwara neza. Zirimo gusubiza inyuma inyeshyamba muri aka kanya. N’izo mbaraga, ntabwo dukwiye kugira ubwoba,”
Ku ruhande rwa M23, yo iravuga ko ingabo za leta n’imitwe y’inyeshyamba bafatanyije ndetse n’abacanshuro bateye ibirindiro byabo mu gace ka Bwiza, muri Kitshaga no mu nkengero, imiwano ikaba ikomeje.


