Beni: Ikindi gisasu cyaturikiye mu isoko gikomeretsa byibuze abantu 8

Sangiza iyi nkuru

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 25 Mutarama 2023, ku isoko rito rya Macampagne, riherereye mu gace ka Kalinda, i Beni (Kivu y’Amajyaruguru) haturikiye ikindi gisasu .

Amakuru aturuka aho byabereye avuga ko byibuze abantu 18 bakomerekejwe n’iturika ry’icyo gisasu.

Bamwe mu batangabuhamya babajijwe aho, bagaragaza ko igisasu cyari cyashyizwe muri kiosk irimo urusyo nk’uko iyi nkuru dukesha Politico.cd ivuga.

Umutangabuhamya wasabye ko izina rye ritangazwa, yagize ati: “Umuntu utazwi yaje nk’abandi bose gusesha ifu, ariko ikibabaje ni uko yasize igiturika mu isashi.”

Andi makuru aturuka aho avuga ko umubare ushobora kwiyongera mu masaha ari imbere. Kugeza ubu nta bapfuye bigeze bavugwa, nk’uko amakuru amwe agera kuri uru rubuga avuga.

Abashinzwe umutekano ntibaragira icyo babivugaho. Politico.cd ngo yagerageje kuvugisha umuvugizi w’ingabo ariko ntibyayikundira. Icyakora, abashinzwe umutekano boherejwe muri iki gice kugirango bakumire ikindi cyaba.

Ibi bije nyuma y’aho ku Cyumweru, itariki ya 15 Mutarama 2023, ikindi gisasu cyaturikiye ku rusengero rwa Églises Pentecôtistes du Congo (CEPAC) ruherereye ahitwa Kasindi, naho muri Teritwari ya Beni, kigahitana abantu 17.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *