Hari abakinnyi bavugwa ko bagize umukino mubi mu mateka y’umupira wabo. Ni kwa kundi babyuka nabi, umukino umwe ukababera icyago kandi bari basanzwe ari abakinnyi beza.
Abakinnyi bamwe bageze mu kibuga, umupira barawubura burundu, abandi bakora amakosa yagambaniye amakipe yabo akabura amanota.
Bwiza yabateguriye urutonde rw’abakinnyi ba vuba aha baba baragize umukino mubi.
5. Romelu Lukaku
Hari ku kibuga Selhurst Park ubwo ikipe ya Crystal Palace yakiraga Chelsea maze bikarangira Ziyech atsindiye Chelsea igitego 1-0. Aha Lukaku yagize umukino mubi bikabije.
Lukaku yashatse umupira arawubura burundu kuko igice cya mbere cyarangiye awukozeho kabiri gusa ubariyemo n’uwo yatangije (kick off).

Nk’aho ibi bidahagije, Lukaku bamurekeye mu kibuga maze igice cya kabiri kirangira awukozeho inshuro 5 gusa.
Mbere y’uko ifirimbi ya nyuma ivuga, Lukaku yari akoze ku mupira ishuro 7 gusa kandi yakinnye iminota 90 ndetse n’inyongera.
4. Steven Gerrard
Mu 2015 mu mukino Liverpool yakiriyemo Manchester United, ubwo Gerrard yari afite imyaka 34 y’amavuko yagize umukino mubi cyane.
Cya gihe abantu baba bacyisuganya mu byicaro byabo, ku isegonda rya 38 gusa yari amaze kwerekwa ikarita itukura nyuma yo gukandagira Ander Herera.

Ibi byatumye Liverpool itsindwa uyu mukino igitego 1-2, biyishyira ahabi kandi Gerrard we yari yaramaze kwemerera LA Galaxy ko azayerekezamo nk’uko ikinyamakuru BBC Sports kibitangaza.
3. David Luiz
Luiz yagize umukino mubi cyane ubwo mu mwaka wa 2020 Arsenal yanyagirwaga na Man City 3-0 ku makosa ye.
Pablo Mari akimara kuvunika ku munota wa 24, Luiz yinjiye mu kibuga ariko nyuma y’iminota 25 gusa byari bihagije ngo abe atanze ibitego bibiri birimo na penaliti ubwo yakururaga Riyad Mahrez.

Nk’aho ibyo bidahagije, Luiz yongeye gukora irindi kosa maze ahita yerekwa ikarita itukura. Yasohotse afite umusaruro mubi kuko yari afite amanota 3/10.
2. Tiémoué Bakayoko
Bakayoko yari ahagaze hagati mu kibuga ubwo Chelsea yatsindaga Watford ibitego 4-1. Uyu mukino yawukinnye nabi bikabije kuko atatangaga imipira ngo igere ku bantu kandi yari aje aca ibintu mu ikipe ya Monaco.

Gukina nabi byari kwihanganirwa iyo ataza kubona ikarita ya kabiri y’umuhondo ngo zibyare itukura. Yakinnye iminota 30 gusa maze umusifuzi Mike Dean amwohereza hanze y’ikibuga.
Kuva ubwo Bakayoko benshi bamufashe nk’umukinnyi w’umuswa. Nyuma y’umukino, umusesenguzi Jamie Carragher aganira na Sky Sports, yagize ati: “Iminota 30 ya Bakayoko ni wo musaruro mubi muri uyu mwaka w’imikino wose”.
1. João Félix
Chelsea yishyuye Athletico Madrid miliyoni 11 z’amayero kuri FĂ©lix nk’umucunguzi uje kuziba icyuho cy’abakinnyi benshi bavunitse, maze yemeranya ko asinya amezi 6 asarangira mu mpeshyi ya 2023.
Ku ikubitiro yari yagize umukino mwiza ubwo bakina na Fulham gusa aka wa mugani ngo “aho umutindi yanitse ntiriva” ku munota wa 58 nyuma yo guserebeka myugariro wa Fulham, Kenny Tete, ahita yerekwa ikarita itukura, binatuma Chelsea itsindwa uyu mukino ibitego 2-1.

Chelsea yarushijeho kujya ahabi kuko yahise ijya ku mwanya wa 10. Ubwo Félix yagombye gusiba imikino 3 yiyongera ku bandi bakinnyi benshi bamaze igihe badakina kubera imvune.


