Abasirikare ba FARDC barimo ba Colonel baguye mu mutego, hapfamo 15

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa CODECO ukorera mu ntara ya Ituri, bateze imodoka zari zitwaye abasirikare b’igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo (FARDC) barimo babiri bafite ipeti rya Colonel, hapfiramo 15.

Radio Okapi isobanura ko iki gitero cyabereye muri teritwari ya Djugu ku wa 27 Mutarama 2023, ku muhanda Nimero 7 uri hafi ya Paruwasi gatolika ya Pimbo.

Iki kinyamakuru gisobanura ko ubwo izi modoka zageraga hagati y’agace ka Pimbo na Kpenbgele, abarwanyi ba CODECO bazirasheho, abasirikare ba Leta na bo bagerageza kwirwanaho.

Abarwanyi ba CODECO bishe abasirikare 15 ba FARDC barimo abo ‘ku rwego rwo hejuru’, babambura ibikoresho byinshi bya gisirikare birimo intwaro. Gusa na bo hishwemo abagera ku 9.

Iki gitero cyatumye umuhanda imodoka z’igisirikare cyanyuragamo ufungwa by’agateganyo kubera impamvu z’umutekano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *