Jean Bigirimana ni umunyamakuru w’i Burundi, yaburiwe irengero nyuma bikekwa ko yaba yarishwe. Kugeza ubu umuryango we yasize, umugore n’abana 2 umerewe nabi n’abaza bakabatera ubwoba.
Nk’uko ibinyamakuru by’i Burundi bibitangaza, ngo ku cyumweru tariki ya 26 Werurwe 2017, aho umugore we n’abana 2 batuye, abantu batazwi baraje bahamena amaraso.
Uretse ibi kandi ngo bagiye bandikisha amaraso ku nzu, bandikaho ijambo “Keba” batera amabuye hejuru y’inzu barangije baragenda.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abo bantu kandi basize bamennye amaraso menshi muri urwo rugo ruherereye muri zone ya Kamenge mu mujyi wa Bujumbura.
Godeberthe Hakizimana, umugore Jean BIGIRIMANA akabona ko ari iterabwoba ririmo rimukorerwa, agasaba ko umutekano we n’abana wacungwa. Polisi ikaba yatangarije ikinyamakuru igihe/Burundi ko itari izi iki kibazo, igasaba ko yabibamenyesha.
Jean BIGIRIMANA, yakoreraga radiyo REMA, ariko yabuze akorera ikinyamakuru IWACU, yaburiwe irengero ku wa 22 Kanama 2016.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com


