Kuri uyu wa Kabiri, itariki 31 Mutarama, amakuru aturuka mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo arvuga imirwno mu bice bya Kitobo na Mungote, kandi irimo gusatira umujyi wa Kitshanga uherutse kwigarurirwa n’inyeshyamba za M23 .
Ayo makuru akomeje gucicikana kuri twitter nko ku rukuta rw’Umunyamakuru Daniel Michombero, avuga ko indege y’intambara ya FARDC yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yongeye gusuka ibisasu ahitwa Nyiragongo, ndetse yarashe ku birindiro by’ingenzi bya M23 mu nkengero za Kitshanga, ahakomeje kubera imirwano ikomeye.
Usibye aho, ku muhanda wa Kilolirwe, ahitwa Shangi naho hari kubera imirwano.
Ku rundi ruhande mu bice bya Bambo na Kishishe, guhera mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere hari kubera imirwano, aho Ingabo za FARDC zemeza ko zataye muri yombi abarwanyi 2 ba M23.
Bikaba bivugwa ko Ingabo za FARDC ziri mu birometero 5 uvuye mu Mujyi wa Kitshanga rwagati kandi zirimo kugota umutwe wa M23.
Hagati aho, Sosiyete Sivile muri Kivu y’Amayaruguru no muri Kivu y’Amajyepfo byiyemeje kugenda bikagera muri Rutshuru ngo bikavana intara mu cyo bita amaboko y’abanyamahanga. Aba kandi biyemeje kwirukana ingabo za EAC bakoresheje ibikorwa bitarimo urugomo mu kwezi gutaha ngo niba zikomeje kwanga gukora akazi kazo.
Ku ruhande rwa M23, baravuga ko imirwano yakomeje guhera saa kumi n’ebyiri z’igitondo kuri uyu wa Kabiri, aho ngo Ingabo za leta n’imitwe bifatanyije byasutse amabombe ku birindiro byose bya M23 muri Kilolirwe, Burungu, Kishishe, Kitshanga no mu nkengero zaho mu bice bituwe cyane n’abasivili, ariko ko uyu mutwe ukomeje kwirwanaho.



2 Responses
Ibirindiro bitandukanye bya M23 muri Kitshanga no mu nkengero byibasiwe n’ibitero bikomeye bya FARDC
Ubundi x frdc harigih itanga amakur yukuri , m23 song mbeleee ukubit abobanzi bamahoro bamunzw nivangura
Ibirindiro bitandukanye bya M23 muri Kitshanga no mu nkengero byibasiwe n’ibitero bikomeye bya FARDC
Njye mbona m23 igiy gutsindwa kubera wgn.