muhadjiri-hakizimana3-1-7828751656231547.jpg

Abakinnyi 10 batsindiye Amavubi ibitego byinshi mu mateka yayo

Sangiza iyi nkuru

Nubwo imibare yerekana ko ibitego ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yinjijwe biruta ibyo yinjije, ntibikuyeho ko hari abakinnyi cumi bonyine babashije kwinjiza ibitego 125 mu izamu ry’andi mahanga.

Bwa mbere ikipe y’igihugu ihamagarwa yari igiye kwitabira irushanwa rihuza ibihugu bya Afurika yo hagati ryabereye muri Gabon mu 1976; icyo gihe yatozwaga n’umudage Otto Martin Pfister (1972–1976)

Kuva ubwo kugera n’uyu munsi abakinnyi bambaye umwambaro w’ikipe y’Igihugu ntibagira ingano. Harimo abahiriwe n’abandi baruseyeho bikanga.

Uyu munsi BWIZA yabateguriye urutonde rw’abakinnyi 10 byahiriye bagatsindira ikipe y’igihugu ibitego byinshi.

10. HAKIZIMANA Muhadjiri

muhadjiri-hakizimana3-1-7828751656231547.jpg

Uyu rutahizamu kuri ubu ukinira Police FC ya hano mu Rwanda amaze gutsindira Amavubi ibitego birindwi, mu mikino 30 amaze kuyakinira kuva muri 2016.

Bwa mbere uyu musore usanzwe ari umuvandimwe wa Kapiteni w’Amavubi, Haruna Niyonzima atsinda igitego cya mbere mu kipe y’igihugu, hari muri Nzeri 2016 ubwo Amavubi yagwaga miswi na Black Stars ya Ghana igitego 1-1.

Muhadjiri ni we wishyuriye Amavubi igitego yari yatsinzwe muri uyu mukino wabereye i Accra wari uwo gushaka itike ya CAN 2017 yabereye muri Gabon.

9. Daddy (Etekiama)

daddy-birori-yatsinze-ibitego-byose-uko-ari-bitatu-wenyine.jpg

Uyu rutahizamu wamenyekanye mu makipe arimo Mukura VS na AS Vita Club yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatsindiye Amavubi y’u Rwanda ibitego birindwi mu mikino 25 yayakiniye.

Uyu rutahizamu wamenyekanye na Birori Daddy yatandukanye n’Amavubi muri 2014, nyuma yo kugira uruhare mu gutuma asezererwa na Congo-Brazzaville mu mikino y’ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike ya CAN ya 2015.

Amavubi yasezerewe yitegura gukina umukino wa nyuma w’ijonjora, nyuma y’uko yari yasezereye Libya mu mukino Daddy yari yatsinzemo ibitego bitatu wenyine.

8. GATETE Jimmy

arton66879.jpg

Jimmy Gatete yakiniye Amavubi y’u Rwanda imikino 41, ayatsindira ibitego umunani.

Uyu mugabo kuri ubu wibera muri Leta Zunze za Amerika afatwa nka rutahizamu w’ibihe byose wakiniye Amavubi y’u Rwanda, nyuma yo kuyaheka ku mugongo we akayahesha itike y’Igikombe cya Afurika cya 2004 cyabereye muri Tunisie.

Gatete wanyuze mu makipe ya Rayon Sports na APR FC, yibukirwa cyane ku bitego yatsinze Imisambi ya Uganda na Black Stars ya Ghana muri 2003; ari na byo byahesheje u Rwanda itike ya CAN mu mwaka wakurikiyeho.

7. SaĂŻd Abed MAKASI

1347918057saidi-abedi.png

Uyu rutahizamu wamenyekanye mu makipe arimo Rayon Sports ya hano mu Rwanda yatsindiye Amavubi ibitego icyenda, mu mikino 26 yayakiniye.

Kimwe mu bitego yibukirwaho ni icyo yatsindiye kuri Stade Amahoro i Remera muri Nyakanga 2008, ubwo Amavubi yahatsindiraga Les Lions de l’Atlas ya Maroc ibitego 3-1.

Hari mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2010 cyabereye muri Afurika y’Epfo.

6. SUGIRA Ernest

ernest_sugira-3.jpg

Uyu rutahizamu wanyuze mu makipe hafi ya yose y’i Kigali cyo kimwe na AS Vita Club y’i Kinshasa, amaze gutsindira Amavubi ibitego 12 mu mikino 36 amaze kuyakinira kuva muri 2015.

Sugira watangiye kwigarurira imitima y’Abanyarwanda muri CHAN ya 2016 yabereye i Kigali, akunze kwitwa rutahizamu w’Abanyarwanda kubera ibitego akunze gutsindira Amavubi urugamba rugeze aho rukomeye.

Muri byo hari nk’icyo yatsinze Ethiopia muri 2019 cyatumye Amavubi abona itike ya CHAN 2020; ndetse n’icyo yatsinze muri iyo CHAN ubwo Amavubi yatsindaga Togo ibitego 3-2 bikayahesha itike ya ÂĽ cy’irangiza.

5. Bokota Labama

formeramavubistrikerbokotahassignedaoneyearcontractwithasmuhanga.jpg

Uyu rutahizamu wabiciye bigacika mu makipe ya Rayon Sports na APR FC, yakiniye Amavubi imikino 33 ayatsindira ibitego 13.

Kimwe mu bitego yibukirwaho ni icyo yatsinze Maroc muri 2008 ubwo Amavubi yayitsindiraga ibitego 3-1 i Kigali, bashaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2010.

4. LOMAMI Jean

gettyimages-2908196-612x612-3.jpg

Uyu rutahizamu wamenyekanye nka ‘Inzaghi’ mu makipe nka APR FC na Atlaco, yakiniye Amavubi imikino 25 yayitsindiyemo ibitego 14.

3. KAGERE Meddie

img_6536-2-ef73a-2.jpg

Kagere yamenyekanye mu makipe atandukanye ya hano mu Rwanda nka Mukura VS, Police FC, Rayon Sports n’ayandi; mbere yo guca mu makipe arimo Gor Mahia yo muri Kenya na Simba Sports Club cyo kimwe na Singida United yo muri Tanzania kuri ubu akinira.

Amavubi y’u Rwanda amaze kuyakinira imikino 55 akaba amaze kuyatsindira ibitego 15; birimo icyo yatsinze muri 2011 ubwo Amavubi yatsindiraga Benin I Portonovo igitego 1-0.

2. TUYISENGE Jacques

jacquww.jpg

Uyu rutahizamu kuri ubu ukinira AS Kigali amaze gutsindira Amavubi ibitego 16 mu mikino 57 amaze kuyakinira.

1. KAREKEZI Olivier

arton10827.jpg

Karekezi Olivier wamenyekanye nka Danger man mu kipe y’Igihugu, ni we uyoboye abatsinze ibitego byinshi mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’.

Uyu rutahizamu wamenyekanye cyane muri APR FC mbere yo kujya gukina muri Suède nk’uwabigize umwuga, yakiniye Amavubi imikino 70 ayatsindira ibitego 24 mu myaka hafi 13 yayakiniye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *