Manchester City yategujwe ko ishobora gufatirwa ibihano nyuma y’igenzura rimaze imyaka ine rikaza kugaragaza ko yakoze amakosa mu igura n’igurisha ry’abakinnyi.
Kuri iki gicamunsi ni bwo Premier League yatangaje ibyavuye mu igenzura ryatangiye Kwakira 2018. Ryagaragaje ko iyi kipe ikinira ku kibuga Etihad yatangiye gukora amakosa ku isoko ry’abakinnyi mu mwaka w’imikino wa 2009 ubwo yatozwaga n’umugabo w’Umutaliyani Roberto Mancini ndetse bikomereza mu mwaka w’imikino wa 2017.
Sky Sports iravuga ko ku bwa Roberto Mancini, Manchester City yari ifite n’amasezerano y’ibanga n’ikipe ya Emirati Club yo kujya bahana abakinnyi bakiri bato binyuranyije n’amategeko.
Amakosa Manchester City ishinjwa bwa mbere ni ugutangaza amakuru atari yo ku bijyanye n’ibyo yinjije, aho ngo yatangazaga ko yinjije amafaranga menshi kandi mu by’ukuri itarayagejejeho nk’uko ikinyamakuru Sky Sports kibitangaza.
Icya kabiri ni uko mu mwaka w’imikino wa 2010-2011 kugeza no mu w’2015-2016, Manchester City yatangazaga imishahara iri munsi y’iyo ihemba abakinnyi bayo nyirizina.
Mu gihe iperereza rigikomeje ryagaragaza ko ibyo Manchester City ishinjwa byose biyihama yahabwa ibihano birimo gukurwaho amanota runaka, gukurwa muri shampiyona, gukorwaho ibikombe yatwaye muri ibyo bihe.
Ibindi bihano kandi ni uko bakumirwa kugura abakinnyi, no gukina amarushanwa ku rwego rw’umugababe w’u Burayi hakiyongeraho n’amande aremerereye.
Ibi bije nyuma y’uko mu mwaka w’2020 urukiko rw’imikino rwaciye Manchester City amande angana na miliyoni 9 z’amapawundi ku mpamvu nk’izi.


