Umunya-Ghana Christian Atsu wamenyekanye cyane mu makipe ya Chelsea na Newcastle United yo mu Bwongereza, ari mu mbaga y’abantu bikekwa ko bagwiriye n’inkuta z’inzu nyuma y’umutingito wibasiye ibihugu bya Turkiya na Syria kuri uyu ku wa Mbere.
Saa kumi z’urukerera ni bwo Christian Atsu w’imyaka 31 y’amavuko kuri ubu wakiniraga Hatayspor yo muri Turkiya byatangajwe ko yaburiwe irengero, nyuma y’umutungito wibasiye Turkiya wari ku kigero cya 7.8.
Ubwo uyu mutingito wabaga, inzego z’ubutabazi zihutiye gushakisha ababa bawukomeyemo maze nyuma yo kubona abandi bakinnyi bose ba Hatayspor, Christian Atsu ndetse na Taner Savut wari ashinzwe ushinzwe imikino (Sporting Director) muri iyi kipe bakomeza kubura.
Agace ka Kahramanmaras ikipe ya Hatayspor ibarizwamo kari mu twibasiwe cyane n’uyu mutingito, ku buryo habarurwa abarenga igihumbi bishwe na wo.
Abakunzi b’umupira w’amaguru hirya no hino ku Isi kuri ubu bari gutambutsa ubutumwa bwifuriza Atsu kuboneka ari muzima.
Christian Atsu yanyuze mu makipe nka Chelsea muri 2013 avuye muri FC Porto aguzwe miliyoni 3.5 z’amapawundi.
Muri Chelsea byaranze akomereza mu makipe ya Vitesse, Everton, Bournemouth, Malaga na Newcastle yakiniye imikino 86 mbere yo kwerekeza muri Al-Raed muri 2021.


