Cristiano Ronaldo yatsinze ibitego 4 muri shampiyona ya Saudi Arabia bituma, aca uduhigo 4 icya rimwe ari na ko atangiza ikiragano gishya mu burasizuba bwo hagati.
Yari inshuro ya 11 atsinda ibitego bine kuzamura mu mukino umwe ndetse ikaba inshuro ya 61 atsinda nibura ibitego 3 mu mukino (Hattrick) kuva yatangira urugendo rwe rw’umupira w’amaguru nk’umukinnyi.
Muri uyu mukino kandi Cristiano uherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 38 y’amavuko, yahatsindiye igitego cya 500, icya 501, icya 502, n’icya 503 cy’amakipe asanzwe (clubs); ubariyemo za shampiyona 5 yakinnyemo, ibitarakorwa n’undi wese.
Cristiano yakinnye muri za shampiyona 5, ari zo: Primeira Liga yo muri Portugal (yatsinze ibitego 3), Premier League mu Bwongereza (yatsinze 103) La Liga muri Espagne (yatsinze 311), Serie A mu Butaliyani (yatsinze 81) na Saidi Pro League muri Saudi Arabia akoreyemo amateka.
Ibi bitego 503 ni ibya shampiyona gusa ukuyemo ibitego yagiye atsinda mu yandi marushanwa nka Champions league, ibikombe by’igihugu ndetse n’ikipe y’igihugu ye ya Portugal.

Ibi Cristiano yabigezeho ubwo ikipe ya Al Nassr akinira yatsindaga Al-Wehda ibitego 4-0, binatuma yuzuza ibitego 822 kuva yatangira gukina muri rusange.
Cristiano Ronaldo byamusabye iminota 61 gusa kuko yatsinze ibi bitego ku munota wa 21′, 40′, 51′, na 61′, maze ibihumbi by’abantu bari muri stade ‘King Abdulaziz Stadium’ bishimana na we bagira bati “SIUUU”, ibizwi nk’uburyo bwihariye Cristiano yishimiramo igitego cye.

Cristiano yishimira igitego mu buryo bwa SIU
Nyamara uyu rutahizamu ntabwo yari yatangiye neza muri iyi shampiyona kuko yananiwe gutsinda ku mukino we wa mbere bahuyemo na Al-Ettifaq ndetse no ku mukino wa Super cup wabahuje na Al-Ittihad.
Cyakoze Cristiano yabonye igitego cye cya mbere muri iyi shampiyona kuri penaliti mu mukino uheruka ubwo bakinaga na Al-Fateh maze bakagwa miswi ibitego 2-2.
Kugeza uyu munsi mu mikino 3 ya shampiyona Cristiano afite ibitego 5, aho arushwa ibitego 8 n’uyoboye abandi mu gutsinda ibitego byinshi.

Iyi ntsinzi itumye Cristiano n’ikipe ye ya Al Nassr baguma ku mwanya wa mbere w’urutonde rwa shampiyona n’amanota 37 n’ibitego 26 bazigamye.



