Umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola, yagaragaje imbamutima ze nyuma y’igihe kirekire yaranze kugira icyo atangaza ku makosa ikipe atoza imaze iminsi ishinjwa.
Umuyobozi wa Manchester City ni we wagize icyo atangaza nyuma y’itangazo rishinja ikipe ya Man City amakosa menshi.
Kuri ubu Pep Guardiola ni we wari utahiwe kugirana ikiganiro n’itangazanakuru aho mu magambo akomeye cyane yanenze amakipe yose ya Premier League atayicira akari urutega by’umwihariko Manchester United na Liverpool zirekereje ko Man City yahanwa maze zikagabanywa ibikombe 6yatwaye kuva yafata n’abaherwe ba Abu Dhabi.
Muri rusange Guardiola yatangiye agaragaza ko nta muntu n’umwe ukunda Man City, ko mu maso yabo ibyo ikipe iregwa byose yabikoze ndetse asoza asaba amakipe yose ayishinja kwitonda ko nayo byayabaho.
Mu kiganiro Pep Guardiola yari yakiriwe by’umwihariko n’umunyamakuru Willam Pickworth, yasubije ibibazo by’ingenzi.
Abajijwe ku kuba yasohoka muri Manchester City mu gihe ibi birego 115 byayihama yagize ati: “Ntabwo nenda guhaguruka kuri ino ntebe y’ubutoza, ndashaka kuguma nkorana na Manchester City kurusha ikindi icyo ari cyo cyose.”
Abajijwe ku ijambo yigeze avuga ry’uko yanga umuntu umubeshya, yagize ati “Manchester City ntiyigeze imbeshya, nzi neza ko nta gihabanye n’ukuri ikipe yanjye yakoze; none kuki ntakwizera abantu bange? (abayobora Man City)”
Umunyamakuru yakomeje amubaza ku makipe yagiye agaragaza ko Man City yahabwa ibihano bikakaye, yagize ati “Ayo makipe 19 yose duhuriye muri shampiyona ntabwo yigeze atwifuriza ibyiza, kandi nyamara ibyo dushinjwa bo babishinjwe hari menshi muri yo byahama.”
Umunyamakuru ati” Pep Guardiola yizejwe iki?” Guardiola asubiza ati: “Nizejwe neza ko Manchester City irengana kandi koko nange ni ko mbibona. Ese twari guhagarika kubaka ikipe? Oya! Kuva Abu Dhabi yafata ikipe ntiyahwe kwiyubaka.”
Yakomeje agira ati “Sinitaye ku bivugwa n’andi makipe yose ya Premier League, njye nizeye ibyo nabwiye n’abantu banjye muri City. Manchester yagaragarije UEFA ko irengana bidasubirwaho; kuki noneho utekereza ko ntabyizera nge ubwange?”
Muri make iki kiganiro cyakuyeho ibihuha byari bimaze iminsi bivuga ko Guardiola n’abandi bakinnyi b’inkingi za mwamba muri iyi kipe ikinira kuri Etihad Stadium barimo Kevin De Bruyne basohoka bakagenda.
Ku rundi ruhande, bitabdukanye n’ibyo andi makipe ararikiye, Mikel Arteta wungirije Guardiola imyaka itari mike muri Man City, ubu akaba atoza Arsenal, we yatangaje ko bari kwitegura neza ngo bazatware shampiyona batitaye ku bihano byafatirwa Man City.


