Minisitiri w’Ingabo wungirije wa Ukraine, Denys Sharapov, ku wa Gatanu tariki ya 10 Gashyantare yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Minisitiri Denys Sharapov wari uherekejwe na Ambasaderi wa Ukraine muri SĂ©nĂ©gal, Yurii Pyvovarov, bakigera i Kinshasa bakiriwe na Minisitiri w’Ingabo za RDC, Gilbert Kabanda; baganira ku mubano ndetse n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Ibiro Ntaramakuru bya Leta ya Congo byatangaje ko Sharapov yavuze ko uruzinduko rwe rwari “rugamije kurushaho gushimangira no gukomeza umubano w’ibihugu byombi, kubera ko turimo kunyura mu bibazo bimwe.”
Yakomeje agira ati: “Ndatekereza ko Ukraine na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo bizagirana umubano mwiza bitari mu rwego rw’umutekano gusa, ahubwo no mu rwego rwa politiki, ubukungu n’umuco.”
Kuva muri Gashyantare umwaka ushize Ukraine iri mu ntambara n’u Burusiya; intambara yashegeshe iki gihugu mu buryo bugaragara.
Ni mu gihe Congo Kinshasa na yo imaze igihe mu mirwano n’inyeshyamba z’umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice bitandukanye mu burasirazuba bw’iki gihugu.


