M23 yongeye kumenyesha amahanga ko FARDC iri kuyirashisha imbunda ziremeye n’indege

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wongeye kumenyesha Abanyekongo n’amahanga ko ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), imitwe bifatanye n’abacancuro bari kurasa ku birindiro byayo bifashishije imbunda ziremereye, ibifaru n’indege z’intambara.

M23 yasobanuye ko kandi ibi bitero biri kugabwa mu bice bya Kibirizi, Kishishe, Kirolirwe, Kabati, Ruvunda no mu nkengero, biri kugera ahatuwe n’abasivili benshi, biri guteza imfu, kwangirika kw’imitungo yabo ndetse n’ubuhunzi.

Uyu mutwe witwaje intwaro ubona ibi bitero bitubahiriza ibyemezo byafashwe n’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) ubwo bahuriraga i Bujumbura tariki ya 4 Gashyantare 2023.

Gusa ngo n’ubwo “kajugujugu zigaba ibitero, indege z’indwanyi, ibifaru by’urugamba n’imbunda ziremereye” bikomeje kwifashishwa mu kugaba ibitero ku birindiro byayo no “ku basivili”, M23 imenyesha Abanyekongo n’amahanga ko izakomeza kwirwanaho no kurinda abasivili.

Umuvugizi w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ku rwego rw’igisirikare, Lt Col. Guillaume Ndjike Kaiko, yemereye itangazamakuru ko FARDC imaze iminsi igaba ibitero bikomeye kuri M23 hafi y’umujyi wa Sake, kandi ngo biteguye “gusubiza umwanzi aho yavuye”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *