Imibare y’abaguye mu mpanuka y’ubwato yabereye mu Kiyaga cya Kivu kuwa Gatandatu, itariki 11 Gashyantare 2023 ku cyambu cya Chasi, mu Mujyi wa Bukavu yarushijeho kuzamuka .
Iyi mibare rero yavuye ku bantu 2 bagera ku bantu 10 kuri uyu wa Kabiri, itariki 14 Gashyantare, nyuma yo kubona indi mirambo 8 yarerembaga ku mazi y’Ikiyaga cya Kivu.
Amakuru agera ku rubuga rwa Politico.cd dukesha iyi nkuru aravuga ko n’iyi mibare ari agateganyo kuko abantu benshi bari mu bwato bwarohamye bataraboneka, ibyo bashingiraho bemeza ko umubare ushobora kuzamuka.
Hagati aho, impamvu nyazo zateye iyi mpanuka ntabwo ziramenyekana neza, gusa amakuru amwe avuga ko ubwo bwato bwari burimo abantu benshi bwaba bwaragonzwe n’ubundi bwato bwitwa Emmanuel.


