M23 irashinja General Mugabo kwicisha Abatutsi

Sangiza iyi nkuru

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanira mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) urashinja General Mugabo Hassan uri mu bayobora ibikorwa by’igisirikare muri iki gice gutanga ibwiriza ryo kwica Abatutsi.

M23 yabitangarije mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa 15 Gashyantare 2023, ikomoza ku ihuriro ry’ingabo za Leta, FDLR, Mai Mai, Nyatura, APCLS, PARECO n’abacancuro rihanganye nay o ku rugamba.

Yagize iti: “Ihuriro rya Leta ya RDC rikomeje jenoside muri Mweso, Murambi, Ngungu, Mema, Nyamirazo, Bihambwe no mu nkengero. Iri huriro riri kwica Abanyekongo b’Abatutsi, ribitegetswe kandi rigahagarikirwa na General Hassan Mugabo wa FARDC.”

Uyu mutwe witwaje intwaro kandi wamenyesheje Abanyekongo n’amahanga ko iri huriro riri kugaba ibitero bikomeye ku duce dutuwe cyane ugenzura, turimo Kishishe, Kabati, Kirolirwe, Ruvunda, Burungu na Kingi, bikagwamo abaturage, imitungo ikangirika, bigateza ubuhunzi.

Nta na rimwe ingabo za RDC zigeze zemera ko zirasa ku mu bice bituwe n’abaturage, ahubwo zo zisobanura ko zirasa ku birindiro bitandukanye by’umwanzi, ari we M23, zigamije kumusubiza inyuma. Hari n’ubwo zivuga ko uyu mutwe witwaje intwaro ari wo uzishotora, uzigabaho ibitero, ugamije kwagura ibice ugenzura.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *