Kabila agiye gusimbuza Minisitiri w’Intebe utaramara amezi 6 ashyizweho

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa gatatu, perezida Joseph Kabila wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko agiye kugena Minisitiri w’Intebe mushya mu gihe cy’amasaha atarenze 48. Ibi akaba yabitangarije mu nteko ishinga amategeko imitwe yombi I Kinshasa aho yahamagariye uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi guhitamo abakandida kuri uyu mwanya.

Iki cyemezo cyaje nyuma y’umunsi umwe perezida kabila abonanye n’abayobozi b’uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi na perezida wa Senat, Leon Kengo wa Dondo, aho babonaniye kuri perezidansi.

Ihuriro ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ryashinzwe na nyakwigendera Etienne Tshisekedi, kuri ubu rikaba riyobowe n’umuhungu we, Felix Tshisekedi, ryo rirahamagarira abaturage imyigaragambyo karundura mu gihugu hose, ndetse na n’ubu ikaba irimo gukorwa bamagana icyo bafata nko gutambamira amasezerano y’amahoro yo kuwa 31 Ukuboza.

Iri huriro mu mwaka ushize rikaba ryari ryanze ibiganiro by’amahoro byatumye hagenwa minisitiri w’intebe uriho ubu, Samy Badibanga washyizweho mu Ugushyingo nyuma y’amasezerano yo gusangira ubutegetsi yashyizweho umukono mu Ukwakira hagati ya guverinoma na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Iri huriro rya Tshisekedi rero ryo rikaba ryaramaganye aya masezerano ryavuze ko aheza bamwe risezeranya kuzakora imyigaragambyo kugeza ubwo perezida kabila azarekura ubutegetsi nk’uko iyi nkuru dukesha africanews ikomeza ivuga.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Kiliziya Gaturika yari imaze iminsi igerageza guhuza guverinoma n’abayirwanya, nayo iherutse gutangaza mu cyumweru gishize ko itazakomeza kuba umuhuza kuko abo ihuza nta bushake bagaragaza bwo gushaka ubwumvikane. Perezida kabila ariko we yemeje ko ibiganiro bizakomeza.

Iyi nkuru irasoza ivuga ko imyigaragambyo iri kuba ishobora guhagarara mu gihe ihuriro ry’abarwanya ubutegetsi ryakwemera kohereza abantu ryifuza ko bakurwamo Minisitiri w’Intebe waba uyoboye guverinoma kugeza igihe amatora y’umukuru w’igihugu azabera.

Abakeneye ko bwiza.com yazabasura, n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu binyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *