Umwongereza Ethan Vernon ukinira ikipe ya Soudal-QuickStep yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2023 kavaga mu mujyi wa Kigali kerekeza mu mujyi wa Rwamagana.
Abakinnyi 93 bahagarariye ibihugu 28 ni bo batangiye aka gace kareshyaga n’ibilometero 115.5, ahagana saa yine n’iminota 30 z’amanywa.
Karanzwe no kwigaragaza cyane k’Umunyarwanda Nsengimana Jean Bosco wegukanye amanota yose yo kurira imisozi, ndetse we na James Fouche w’ikipe ya Bolton Equities bagenze ibilometero bigera kuri 90 bakiri imbere y’igikundi.
Ku musozo w’agace habura metero nkeya ngo abakinnyi bagere ku murongo, Vernon yacitse igikundi, arakegukana. Yakoresheje ibihe by’amasaha abiri, iminota 45 n’amasegonda 52 (2:45:52).
Abandi bakinnyi 9 bakurikiye Vernon na bo bakoresheje ibi bihe. Harimo Janniere Emilien w’ikipe ya Total Energies waje ku mwanya wa kabiri, ku mwanya wa 10 hakaba hari Arefayne Akilu w’ikipe ya Eritrea.
Umukinnyi w’u Rwanda waje hafi ni Mugisha Moïse, akaba ari ku mwanya wa 21. Na we yakoresheje ibihe bimwe nk’ibya Vernon waje ku mwanya wa mbere.
Ethan Vernon yavukiye mu Bwongereza tariki ya 26 Kanama 2000. Yaherukaga kwitabira shampiyona y’umukino w’amagare ku mugabane w’u Burayi, UEC European Championships.


