Nyuma y’inama ya AU imirwano yongeye kubura hagati ya FARDC na M23 i Kitshanga

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’amasaha 48 inama ya Afurika Yunze Ubumwe yaberaga i Addis Abeba, yagarutse no ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, irangiye, biravugwa ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, itariki 20 Gashyantare, imirwano yongeye kubura hagati ya FARDC na M23 mu bice bya Kitshanga, Kalengela no mu nkengero zaho .

Abinyujije kuri twitter, umuyobozi wa M23, Bertrand Bisiimwa, yavuze ko nubwo muri iyi nama ya addis Abeba, Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yiyemeje guhagarika imirwano, ingabo zayo n’imitwe bifatanyije byabyutse bibagabaho ibitero.

Ati ” Amasaha 48 nyuma y’inama ya Addis Abeba, aho guverinoma ya Kinshasa yiyemeje guhagarika imirwano, ingabo zayo n’imitwe bifatanyije, FARDC, FDLR, Mai-Mai n’abacanshuro bagabye, muri iki gitondo, ibitero ku duce twa Kitshanga, Kalengela no mu nkengero. imirwano iri kubera i Kibarizo.”

Ku rundi ruhande, umunyamakuru Daniel Michombero wa Kivuhabari, we avuga ko amakuru aturuka ahabera imirwano avuga ko nyuma yo gushinga ibirindiro ahitwa Kitobo na ndondo mu burengerazuba bwa Kitshanga kwa M23, imirwano yahise itangira.

Bitandukanye n’ibyo Umuyobozi wa M23 avuga ko batewe na FARDC, Michombero avuga ko ibirindiro bya FARDC biherereye Mweso byatewe na M23.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *