Mukuralinda arasaba urubyiruko kwamamaza ko M23 atari Abanyarwanda

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa guverinoma wungirije, Alain Mukuralinda, atasaba urubyiruko rw’u Rwanda kwamamaza ko abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 atari Abanyarwanda.

Mukuralinda yabivugiye mu kiganiro Ishusho y’Icyumweru cyatambutse kuri televiziyo y’igihugu kuri uyu wa 19 Gashyantare 2023, ashingira ku byemezo byafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu byo mu karere yabereye i Luanda muri Angola.

Yavuze ko muri iyi nama, ku nshuro ya mbere, bafashe umwanzuro usaba abarwanyi ba M23 ko bagomba gusubira mu birindiro bahozemo ariko biri muri Repubulika ya demukarasi ya Congo.

Mukuralinda avuga ko uyu mwanzuro wafatiwe muri Angola ushimangira ko abarwanyi ba M23 ari Abanyekongo, aho kuba Abanyarwanda. Yagize ati: “Niba baravuze ko igume muri Congo ni uko ari Abanyekongo.”

Yakomeje ati: “Ni byo u Rwanda rwamye ruvuga ngo ‘Ikibazo ni hagati y’Abanyekongo’. Ibyo ngibyo niba urubyiruko rwacu rutabizi, nirubimenye ko byanditsemo, rugende rubyamamaze ko ya mvugo yo kuvuga ngo ‘Nibasubire iyo baturutse’ ntikwiye kongera kuvugwa.”

Mukuralinda avuga ko hari intambara y’amasasu, hakaba n’iy’itumanaho, ashishikariza Abanyarwanda, by’umwihariko, kwifashisha imbuga nkoranyambaga, bakabeshyuza mu Gifaransa no mu Cyongereza. Ati: “[Intambara] ntabwo ari iya guverinoma gusa.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *