Uganda: Umuntu bikekwa ko ari umujura yiciwe mu rugo rwa Hon. Margaret Zziwa

Sangiza iyi nkuru

Umuntu umwe bikekwa ko yari mu gatsiko k’abajura yarasiwe mu rugo rw’uwahoze ari umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya EAC, Margaret Zziwa ahitwa Matuga mu Karere ka Wakiso. Igipolisi kiravuga ko uwishwe ari uwitwa Musa Kagire uri mu kigero cy’imyaka 20 wahise anapfa ubwo yari ajyanywe kwa muganga.

Ibi byabaye mu ijoro ryakeye ryo kuri uyu wa gatatu rishyira kuri uyu wa Kane, ahagana saa munani z’ijoro ubwo abantu batatu ibinyamakuru bimwe bivuga ko bari bitwaje intwaro, bateraga urugo rwa Hon. Margaret Zziwa, umwe akaraswa bikamuviramo urupfu mu gihe abandi babashije gucika nk’uko byemejwe n’umuvugizi w’igipolisi muri Kampala, Emilian Kayima.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu muvugizi yavuze ko ubwo abapolisi boherejwe kurinda urugo rwa Margaret Zziwa babonaga abo bantu, bahise batabara babiri bahita biruka barahunga.

Amakuru ya mbere ava mu iperereza akomeza avuga ko uwo wishwe yagerageje kurwanya abo bapolisi akoresheje inyundo, maze mu kwirwanaho umupolisi aramurasa aramukomeretsa.

Yongeyeho ko iyo nyundo yasanzwe aha hantu naho umurambo w’uwo wishwe ukaba wajyanywe mu Bitaro bya Mulago ngo ubanze ukorerwe ibizamini nk’uko Daily Monitor ivuga.

Abakeneye ko bwiza.com yazabasura, n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu binyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *