Ikipe yari itegereje ko umusifuzi ayiha uburenganzira bwo gutangira

Dubai: Irushanwa rya ‘Special force’ ya Polisi ryakomeye kurushaho

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa 23 Gashyantare 2023, i Dubai muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE) hakomeje irushanwa rya Polisi idasanzwe ryitabiriwe n’ibihugu 28 birimo u Rwanda.

Uyu munsi waranzwe n’ibyiciro bitandukanye birimo: icyo kurira inyubako ndende, kuyimanuka hifashishijwe imigozi, kurasa hifashishijwe imbunda ebyiri za mudahusha (snipers), kurasa ibipimo bigera kuri 40 no kurira urukuta.

Nk’uko babigaragaje kuva irushanwa ryatangira, abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda rya mbere rya SWAT (Special Weapons And Tactics) bagaragaje imbaraga zidasanzwe, bagerageza gukoresha igihe gito gishoboka muri ibi byiciro byose.

Birasa nk’aho nta kindi baharaniraga, keretse gusa guhesha igihugu cyabo ishema, kandi umwe muri bo yabigaragaje ubwo yageraga imbere y’imfatashusho (camera) yurira iyi nyubako ndende. Yatuje mo gato, yerekana ibendera ry’iki gihugu, abona gukomeza azamuka.

Mu byiciro byose, iyi kipe yakoresheje iminota 4 n’amasegonda 11. Counter Terrorism Unit PTJ yo muri Montenegro ni yo yayibanjirije, ikaba yakoresheje iminota 4 n’amasegonda 47.

Ikipe yari itegereje ko umusifuzi ayiha uburenganzira bwo gutangira
Ikipe yari itegereje ko umusifuzi ayiha uburenganzira bwo gutangira

Mu bikoresho byifashishijwe harimo 'snipers' n'imigozi, by'umwihariko
Mu bikoresho byifashishijwe harimo ‘snipers’ n’imigozi, by’umwihariko

Icyiciro cyari gikomeye ni ukurira no kumanuka iyi nyubako
Icyiciro cyari gikomeye ni ukurira no kumanuka iyi nyubako

Bifashishije imodoka yihariye mu kurira iyi nyubako
Bifashishije imodoka yihariye mu kurira iyi nyubako

Umupolisi w'u Rwanda agera mu gice cyo hejuru cy'inyubako
Umupolisi w’u Rwanda agera mu gice cyo hejuru cy’inyubako

Ba mudahusha bakoresha imbunda bahawe mu cyiciro cyazo
Ba mudahusha bakoresha imbunda bahawe mu cyiciro cyazo

Bamanuka iyi nyubako bifashishije imigozi, abageze hasi birukanka bajya mu kindi cyiciro
Bamanuka iyi nyubako bifashishije imigozi, abageze hasi birukanka bajya mu kindi cyiciro

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *