Michombero avuga ko abakwirakwije ubu butumwa bashaka kumugirira nabi

Abanyamakuru 2 bakorera muri Kivu y’Amajyaruguru bari ku gitutu bashinjwa gukorera M23

Sangiza iyi nkuru

Abanyamakuru babiri bakurikirana umunsi ku wundi inkuru z’urugamba rw’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC na M23, bari ku gitutu bashinjwa gukorera uyu mutwe witwaje intwaro n’u Rwanda.

Aba ni Justin Kabumba ukorana na France 24 y’Abafaransa n’ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika, Associated Press, na Daniel Michombero ukorera Kivu Habari. Bombi bakorera mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Nk’uko Michombero yabigaragaje, mu matsinda ya WhatsApp hakwirakwiye ubutumwa bwavuye mu rwego rushinzwe ubutasi, buvuga ko we na Kabumba “bahawe akazi n’u Rwanda/M23” kugira ngo bace igikuba mu Banyekongo, babinyujije mu makuru batangaza ku mbuga nkoranyambaga za Twitter na Facebook.

Uwitwa ‘Major Lucien’ wanditse ubu butumwa yasabye abayobozi b’amatsinda ya WhatsApp kudahererekanya amakuru, amafoto n’amashusho y’urugamba bifatwa na Kabumba na Michombero, ngo mu rwego rwo kwirinda ko umugambi w’ingabo z’igihugu wahungabana.

Michombero amaze kwerekana ubu butumwa, yagaragaje ko bwamubabaje kandi bigamije guca intege umuhate we wo gutangaza amakuru yo ku rugamba. Ati: “Njyewe n’umuvandimwe Justin ntabwo dukwiye ibi. Twiyemeje gushyira imbaraga mu kubaha amakuru y’ibibera mu gihugu mu gihe gikwiye. Aho kudushyigikira, murashaka kutubabaza.”

Kabumba we, mu itangazo yashyizeho umukono kuri uyu wa 22 Gashyantare 2023, yavuze ko itsinda ry’abagizi ba nabi ari ryo rimushinja gukorana n’umutwe yise ‘uw’iterabwoba’ wa M23, kandi ngo nta kindi rigamije, keretse kumuharabika no kumwicira izina.

Yatangaje kandi ko ubu butumwa bugamije kurema amakimbirane hagati y’itangazamakuru n’igisirikare cya RDC. Ati: “Mfashe uyu mwanya mu kwereka abenegihugu n’amahanga ko hari ibyago by’ibinyoma by’umwanzi bigamije guteza amakimbirane hagati y’itangazamakuru n’igisirikare.”

Aba banyamakuru bagaragaye kenshi bajya ku rubuga rw’inkuru (terrain), bakurikirana ibikorwa by’ingabo za Leta, iby’imitwe yitwaje intwaro yiyemeje kuzifasha ndetse n’umuhango wa M23 wo gushyikiriza ku mugaragaro ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ibirindiro bya Kibumba na Rumangabo.

Bitandukanye n’ibikubiye mu butumwa bwa Major Lucien, batangaza amakuru abogamiye ku ruhande rwa Leta. Ikindi kandi iyo bavuga kuri iyi ntambara, buri gihe bemeza ko uyu mutwe witwaje intwaro ufashwa na Leta y’u Rwanda.

Michombero avuga ko abakwirakwije ubu butumwa bashaka kumugirira nabi
Michombero avuga ko abakwirakwije ubu butumwa bashaka kumugirira nabi

Justin Kabumba arashinjwa gukorera M23
Justin Kabumba arashinjwa gukorera M23

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *