Beatrice Munyenyezi ukurikiranweho uruhare muri jenoside yongeye kwihaniza umucamanza uyobora inteko iburanisha urubanza rwe, amushinja kubogamira ku bushinjacyaha avuga ko nta butabera yamuha .
Inteko iburanisha yari yafashe icyemezo cyo kuzumva abatangabuhamya bamushinja batagaragara imbere y’urukiko.
Beatrice Munyenyezi akurikiranyweho ibyaha bya jenoside no gufata abagore ku ngufu; we aburana ahakana.
Kuri uyu wa Kane, urukiko rwagombaga kubanza gukuraho inzitizi zari zatanzwe n’abunganira Munyenyezi Beatrice bavuze ko urukiko rwategeka ko abatangabuhamya bamushinja batanga ubuhamya bwabo imbona nk‘ubone mu rukiko.
Ni mu gihe Umushinjacyaha we yavuga ko abatangabuhamya batagaragara mu rwego rwo kubarindira umutekano, ibyo urukiko rwavuze ko itegeko ribemerera kurindirwa umutekano igihe cyose babyifuje.
Urukiko kandi ruvuga ko rwamaze kubifataho umwanzuro mu rubanza rwabaye mu kwezi kwa 12 umwaka ushize.
Abunganira uregwa bari banasabye ko umutangabuhamya washyizwe ku rutonde rw’abashinja Munyenyezi batabimenyeshejwe ngo bifatirwe icyemezo, yavanwa kuri urwo rutonde.
Urukiko rwemeza ko uwo mutangabuhamya atagomba kumvwa hashingiwe kuguhesha agaciro ibyamaze kwemezwa n’urukiko.
Umucamanza yavuze ko urukiko rugiye gukora iperereza rugacukumbura ukuri kwabyo nyuma rukazatanga umwanzuro, avuga ko urubanza ruzasubukurwa ku itariki 13 Werurwe.
Rukimara gusoma iyo myanzuro Beatrice Munyenyezi yatse ijambo avuga ko yihannye umucamanza.
Yagize ati’’uburyo mumburanishamo mbona mwaramaze guca urubanza’’
Avuga ko aramutse yemeye kuburanishirizwa mu muhezo byaba ari nko gutesha agaciro ukuri gushakwa muri uru rubanza ati ‘’cyane cyane mwebwe mwambaye imyenda y’ubutabera’’


