Kuri uyu wa Gatandatu,itariki 25 Gashyantare, imyigaragambyo yo kwamagana guha Ukraine intwaro zo kurwana n’u Burusiya yakusanyije abantu 10,000 mu Budage, yanenzwe n’abayobozi bakuru ba guverinoma ndetse abapolisi benshi boherezwa kugira ngo babungabunge umutekano .
Iyi myigaragambyo yateguwe n’umunyapolitiki ukomeye utavuga rumwe n’ubutegetsi, yabaye nyuma y’umunsi umwe hibutswe umwaka ushize u Burusiya buteye Ukraine, aho ibihugu bitndukaanye byongeye gusezeranya gukomeza guha intwaro Ukraine.
Abateguye imyigaragambyo ku rubuga rwabo bagize bati: “Turahamagarira umuyobozi w’u Budage guhagarika ubwiyongere bw’itangwa ry’intwaro. Nonaha! … Kubera ko buri munsi bitwara ubuzima bugera ku 1.000 kandi bikatwegereza ku ntambara ya III y’Isi yose.”
“Iyi myigaragambyo y’amahoro” yateguwe igice na Sahra Wagenknecht, umwe mu bagize ishyaka ritavug rumwe n’ubutegetsi rya Die Linke mu Budage.
U Budage, hamwe na Amerika, byabaye bimwe mu bihugu bitanga intwaro nyinshi muri Ukraine.


