Mu gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 jenoside yakorewe Abatutsi, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Ruvune mu karere ka Gicumbi ahari Urwibutso rwa Jenoside rushyinguyemo imibiri 202.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude yaboneyeho kwibutsa urubyiruko kwitabira ibiganiro bitangwa ndetse bagaharanira kubaka u Rwanda barwanya ingengabitekerezo ya jenoside kuko aribo mbaraga z’igihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Yagize ati: “Ndasaba urubyiruko kuzitabira ibiganiro bizatangwa hirya no hino mu midugudu ndetse no kugira uruhare mu bikorwa byateguwe bigamije kurengera imibereho y’abacitse ku icumu ndetse bagaharanira kubaka u Rwanda barwanya ingengabitekerezo ya Jenoside”.
Bamwe mu rubyiruko rwaganiriye na Bwiza.com, bavuga ko bagiye gushyira hamwe imbaraga baba hafi abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi ndetse banatanga umusanzu wo kubaka igihugu.
Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ikaba igira iti “Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside dushyigikira ibyiza twagezeho.”
Abakeneye ko bwiza.com yazabasura, n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu binyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Prince Theogene Nzabihimana






