Intara ya Los Angeles yemeye kwishyura umugore wa Kobe Bryant miliyoni hafi 29$ nyuma yo kuyitsinda mu rubanza

Sangiza iyi nkuru

Intara ya Los Angeles yemeye kwishyura miliyoni hafi 29 z’amadorari umupfakazi w’icyamamare muri NBA, Kobe Bryant, nyuma y’uko abapolisi basangije amashusho y’impanuka ya kajugujugu yamuhitanye mu myaka ibiri ishize .

Bryant n’umukobwa we Gianna bapfiriye hamwe n’abandi barindwi igihe indege yagwaga mu gace ko muri Los Angeles.

Umugore we, Vanessa Bryant, yareze, avuga ko abatabaye bwa mbere bafotoye imirambo nk ‘”urwibutso” rwo gucuruza.

Abavoka bo mu Ntara ya LA bise uyu mwanzuro “kurenganura no gushyira mu gaciro”.

Ku wa Kabiri, abunganira urega bagize bati: “Uyu munsi niwo musozo w’urugamba rw’ubutwari rwa Madamu Bryant kugira ngo abagize uruhare muri iyo myitwarire mibi babibazwe.”

“Yarwaniye umugabo we, umukobwa we ndetse n’abaturage bose abo mu miryango yabo bapfuye basuzuguwe kimwe. Turizera ko intsinzi ye mu rubanza kandi iki kibazo kizarangiza iyi migirire.”

Mu ijambo rye, Mira Hashmall, wunganiraga intara ya Los Angeles muri uru rubanza, yavuze ko imanza zose zireba intara zatewe n’iyi mpanuka zakemutse.

Yavuze ko izi 28.850.000 z’amadolari zishyuwe harimo miliyoni 16 z’amadorali yatanzwe n’abacamanza ba federasiyo muri Kanama 2022 yahawe Madamu Bryant mu gitero cyo kwinjira mu buzim bwe bwite yaregaga Intara ya Los Angeles.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *