Kinshasa: Fayulu arasaba UN na AU gukura FDLR muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ihuriro LAMUKA rigizwe n’imitwe ya politiki itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo, Martin Fayulu arasaba Umuryango w’Abibumbye n’uwa Afurika yunze ubumwe gukura abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR mu gihugu cyabo.

Ubu busabe Fayulu yabutangiye mu itangazo rihamagarira Abanyekongo batuye mu mijyi minini yo muri RDC kwitabira imyigaragambyo y’amahoro yamagana by’umwihariko intambara iri kubera mu burasirazuba bw’igihugu cyabo, tariki ya 11 Werurwe 2023.

Muri iyi myigaragambyo, Fayulu yatangaje ko Abanyekongo bazamagana ubushotoranyi igihugu cyabo kiri gukorerwa no kwamagana ko ubutegetsi bwa RDC bwananiwe guhagarika intambara ahamya ko bashowemo n’u Rwanda.

Fayulu kandi avuga ko Abanyekongo bazasaba ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba kuva byihuse mu gihugu. Kuri FDLR, yavuze ko iyi myigaragambyo izabaho no mu rwego rwo “Gusaba Umuryango w’Abibumbye n’uwa Afurika yunze ubumwe gukura abagize FDLR mu gihugu cyacu.”

Fayulu hamwe n’abandi banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, basanzwe bashyira igitutu kuri Perezida Félix Tshisekedi, bamusaba kubaka ubushobozi bw’igisirikare cyabo, aho kwitabaza amahanga. Bishoboke ko ari ubwa mbere asabye ko abarwanyi ba FDLR bava mu gihugu cyabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *