Kuri uyu wa Kane, ingabo zirwanira mu mazi z’u Bwongereza zafashe misile zirasa ibafaru ndetse n’ibikoreso byo guteranya za misile za ballistique mu gitero cyagabwe ku bwato buto bwavaga muri Iran bwerekeza muri Yemeni, nk’uko abayobozi babitangaje bemeza ko ibi bikoresho biherutse gufatirwa mu Kigobe cya Oman nk’uko tubikesha France24 .
Ifatwa ry’izi ntwaro rie rikurikira iziherutse gufatwa n’ingabo z’Abafaransa n’Abanyamerika muri kariya karere mu gihe ibihugu by’iburengerazuba byongera igitutu kuri Irani, ikomeje kwibikaho ubutare bwa Uranium no kongera ubushobozi bw’intwaro.
Bije kandi mu gihe ibihugu byo mu karere ndetse n’amahanga bigerageza gushaka iherezo ry’intambara imaze imyaka myinshi muri Yemeni, igihugu gikennye cyane kurusha ibindi mu bihugu by’Abarabu, ndetse no mu gihe Iran ivugwaho guha u Burusiya intwaro mu ntambara burwana na Ukraine.
Minisiteri y’ingabo y’u Bwongereza yavuze ko intwaro zafatiwe mu gitero cyabaye ku ya 23 Gashyantare nyuma y’uko indege y’Abanyamerika ibonye ubwato buto bwavaga muri Irani, hanyuma kajugujugu y’Igisirikare cy’u Bwongereza yri ivuye ku bwato HMS Lancaster ikurukirana ubwo bwato. Ubwato bwagerageje gusubira mu mazi ya Iran, ariko buhagarikwa mbere yuko buyageramo.
Imbere mu bwato, ingabo z’Abongereza zasanzemo misile zirasa ibifaru zo mu Burusiya zo mu bwoko bwa 9M133 Kornet zizwi muri Iran nka “Dehlavieh,” nk’uko igisirikare cya Amerika n’icy’u Bwongereza bivuga. Izo ntwaro zafatanwe n’ibindi bikoresho bikekwa ko byaturutse muri Iran byerekeza muri Yemeni.


