Uwayoboraga komisiyo y’amatora yemeje ko ayo Tshisekedi yatsinze yabayemo amakosa

Sangiza iyi nkuru

Corneille Nangaa wabaye umuyobozi wa komisiyo y’amatora muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), yatangaje ko mu matora y’Umukuru w’Igihugu yegukanywe na Félix Tshisekedi mu 2018 habayemo amakosa.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Jean Marie Kassamba, Nangaa yavuze ko komisiyo y’amatora (CENI) yatangaje umusaruro w’agateganyo wavuye mu matora, urukiko rutangaza ibyavuyemo bidasubirwaho, kandi ngo rwari rufite ububasha rwo gufata ibyemezo birimo kuyasubirishamo.

Yagize ati: “CENI yatangaje umusaruro w’agateganyo, bikurikirwa hashingiwe ku itegeko umusaruro udasubirwaho watangajwe n’urukiko rusumba izindi. N’ubwo CENI yakoze amakosa cyangwa ikosa, urukiko ntirwari rufite gusa ububasha bwose bwo gukosora ibyavuye mu matora, rwari rufite n’ubwo kubivugurura cyangwa kubitesha agaciro.”

Nangaa yatangaje ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yo mu mwaka w’2018 yabayemo amasezerano ya politiki, kandi ngo ibyo nta muntu utabizi. Kassamba yamubajije ati: “Habayeho amasezerano ya politiki?”, asubiza ati; “Ndabyemeza. Ni nde utazi ko habayeho amasezerano?”

Amagambo ya Nangaa wabaye Perezida wa CENI kuva mu 2015 kugeza mu 2021 ashimangirwa n’aya Martin Fayulu wemeza ko ari we watsinze amatora yo mu 2018, akayibwa byumvikanyweho na Joseph Kabila wari Umukuru w’Igihugu na Tshisekedi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *