Robertinho yirukanishije mwene wabo waherukaga kumusimbura muri Vipers

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Vipers Sports Club y’i Kampala muri Uganda yamaze kwirukana umunya-Brésil Beto Bianchi wari umaze amezi abiri ari umutoza wayo mukuru.

Iyi kipe yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet.

Iti: “Vipers Sports Club iratangaza ko amasezerano y’umutoza mukuru Beto Bianchi yasheshwe kandi icyo cyemezo kigahita gishyirwa mu bikorwa. Ikipe irashimira Bianchi ku bw’imbaraga zikomeye yagaragaje mu gihe yamaze mu kipe, bityo ikamwifuriza amahirwe masa mu rugendo rushya afite imbere.”

Roberto Luiz Bianchi Pelliser uzwi nka Beto Bianchi, mu mezi abiri ashize ni bwo yari yagizwe umutoza mukuru wa Vipers asimbuye umunya-Brésil mwene wabo Roberto Oliveira wamenyekanye muri Rayon Sports nka Robertinho.

Byari nyuma y’uko uyu mutoza yari amaze kugirwa umutoza mukuru wa Simba Sports Club yo muri Tanzania.

Mu Ukuboza umwaka ushize ni bwo Robertinho yagizwe umutoza mukuru wa Simba, nyuma y’uko yari amaze kugeza Vipers mu matsinda ya CAF Champions league bwa mbere mu mateka yayo.

Bianchi yari amaze gutoza Vipers imikino irindwi, irimo ine ya CAF Champions league, umwe wa shampiyona ya Uganda ndetse n’ibiri ry’igikombe cya Stanbic Uganda Cup.

Muri iyo mikino yose ine muri yo yarayinganyije, na ho indi itatu arayitsindwa.

Mu mikino Vipers yatsinzwe iri kumwe n’uyu mutoza harimo ibiri yatsinzwe na Simba ya Robertinho muri Champions league, harimo n’uwo amakipe yombi aheruka guhuriramo i Dar es Salaam warangiye Simba itsinze igitego 1-0 cy’umunya-Zambia Clatous Chota Chama.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *