Urukiko rukuru rufite icyicaro i Kigali rwimuriye ku itariki ya 31 Werurwe, iburanisha ry’ubujurire bwerekeye uwahoze ategura amarushanwa y’ubwiza ya Miss Rwanda, DieudonnĂ© Ishimwe, uzwi cyane ku izina rya Prince Kid .
Prince Kid, washinze Rwanda Inspiration Back-up, ikigo cyateguye amarushanwa y’ubwiza, ahanganye n’ibirego byo gufata ku ngufu no gusaba imibonano mpuzabitsina nyuma y’uko ubushinjacyaha bujuririye icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamugize umwere.
Ku ikubitiro, byari biteganijwe ko ubujurire buzaburanishwa ku wa Gatanu, itariki ya 10 Werurwe, ariko nk’uko Emeline Nyembo, umwe mu bunganira uregwa yabitangaje avuga ko iburanisha ryimuriwe ku itariki ya 31 Werurwe.
Ntampamvu zatanzwe zo kwimurwa.
Ishimwe watawe muri yombi mu ntangiriro za 2022 yagizwe umwere ku ya 2 Ukuboza 2022, ku byaha byose ahita arekurwa. Icyakora, ubushinjacyaha bwatanze ubujurire bwamagana icyemezo cy’urukiko rw’ibanze.
Ibyaha bivugwa ko byakurikiranwe n’ubushinjacyaha, byakorewe abahoze mu bahatanira kuba Miss Rwanda mu myaka itandukanye.
Umwaka ushize ubwo yatangaga imyanzuro, umucamanza wari ukuriye iburanisha yavuze ko abashinjacyaha bananiwe kugeza ku rukiko ibimenyetso bifatika bishinja Prince Kid.
Ku itariki ya 2 Ukuboza, nyuma yo gufata icyemezo urukiko rwategetse ko ahita arekurwa akava muri gereza nyuma yo gufungwa kuva ku ya 26 Mata.
Hagati aho, vuba aha Ishimwe yashakanye mu buryo bwemewe na Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda, bombi bivugwa ko bakundana kuva mu 2020 kandi nk’uko amakuru aturuka mu muryango abitangaza, aba bombi bazagira indi mihango y’ubukwe i Kigali mu mpera z’uku kwezi.


