Kenya: Hari impungenge ko imyigaragambyo yatangijwe na Odinga ishobora kuvamo urugomo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kane, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, Raila Odinga, yatangaje ko mu gihugu hose hatangiye imyigaragambyo yo kwamagana perezida William Ruto. Nubwo Oding avuga ko ari imyigaragambyo yo mu mahoro hari impungenge ko ishobora kuvamo urugomo nk’urwo mu bihe byashize .

Iki cyemezo kibaye nyuma y’uko Odinga yari yahaye guverinoma iminsi 14 yo kugabanya igiciro cy’imibereho ndetse no gufungura ububiko bw’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu ya 2022. Nyirantarengwa yarangiye ku wa Gatatu mu gicuku.

Kuri uyu wa Kane, itariki 9 Werurwe, Odinga aganira n’abamushyigikiye babarirwa mu magana, yatangije icyo yise Muvoma yo Kurinda Demokarasi (Movement for Defense of Democracy), akaba ari umugambi yavuze ko ugamije guhangana n’ubutegetsi buriho.

Ati: “Twatangije ubukangurambaga mu mahoro bwo gusuzugura, guterana mu mahoro, kwigraagambya, kwamagana, kutumvira, gusaba, kwicara hamwe n’imyigaragambyo yo mu mahoro, kandi biratangira ubu”.

Yagaragaje ko atishimiye ubuyobozi bwa Ruto, ashinja ko butubahirije amasezerano bwatanze mu kwiyamamaza, bityo bigatuma Abanyakenya bahura n’ibibazo by’ubukungu.

Uyu muyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi yavuze ko imyigaragambyo iteganijwe izaba mu mahoro ariko aburira ko abamushyigikiye batazaterwa ubwoba nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Yatangaje ko ku ya 20 Werurwe ariwo munsi w’ “umubyeyi w’imyigaragambyo yose”, biteganijwe ko ubuzima buzahagarara mu gihugu hose.

Itangazwa ry’imyigaragambyo ryateje akajagari mu gihugu, aho ubucuruzi n’abaturage basanzwe batinya kubw’umutekano wabo.

Bamwe bagaragaje impungenge z’uko imyigaragambyo ishobora kuvamo urugomo, nk’uko byagaragaye mu bihe byashize.

Guverinoma ntacyo iravuga ku muhamagaro wa Odinga w’imyigaragambyo, ariko amakuru aturuka mu buyobozi, burimo n’abayoboke ba Odinga b’indahemuka, avuga ko itazihanganira kurenga ku mategeko kose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *