frgjcfkwyamx-so.jpg

M23 yavuye mu bice bimwe yari yigaruriye muri Masisi mu buryo bw’amayobera

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 13 Werurwe ahantu hari hamaze iminsi imirwano muri Masisi haramutse umutuzo, cyane cyane hafi ya Sake muri Kivu y’Amajyaruguru aho amakuru aturuka mri ibyo bice avuga ko mu museke, inyeshyamba za M23 zatangiye kuva mu bice bimwe na bimwe zari zimaze kwigarurira mu buryo bw’amayobera .

Muri Sheferi ya Bashali, inyeshyamba za M23 zavuye mu gace ka Mweso mu gicuku, aho bivugwa ko zajyanye n’abarwayi bazo bavurirwaga mu bitaro bya Mweso ndetse na bamwe mu baturage b’abasivili bashyigikiye impamvu zabo. Aya makuru avuga ko baba bagiye i Kitshanga, mu gihe abandi barwanyi bari i Muongozi, Busumba na Kirumbu, hafi ya Mweso.

Amakuru akavuga ko muri iki gitondo, ari inyeshyamba za Mai-Mai na Nyatura zagarutse muri Mweso n’indi midugudu mike iri hafi. Izi nyeshyamba zikaba zarashe amasasu menshi zinjira muri ibi birindiro byatawe n’inyeshyamba za M23 nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga.

frgjcfkwyamx-so.jpg

Hafi ya Sake, izi nyeshyamba za M23 naho ntabwo zigaragara mu midugudu ya Karuba, Muremure, Nkingo, Kagano na Kihuli.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatandatu, itariki ya 11 Werurwe, izo nyeshyamba zatangaje ko zizava muri iyi midugudu kugira ngo ingabo z’Abarundi z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) zihajye.

Amakuru aturuka muri EACRF avuga ko kohereza ingbo z’u Burundi aho hantu bitarakorwa, ariko bikaba biteganijwe. Icyakora, abasivili bo muri kariya karere batinya ko imirwano yakongera kubura muri iyi midugudu yatawe n’inyeshyamba za M23 hanyuma igahita yigarurirwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *