FIFA Mini-Tournament: Ikipe ya Perezida Kagame yatangiranye intsinzi

Sangiza iyi nkuru

Ikipe yagaragayemo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yegukanye intsinzi mu irushanwa rito ryateguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira ku Isi (FIFA) riri kubera i Kigali.

Ni irushanwa riri gukinirwa ku yahoze ari Stade ya Kigali y’i Nyamirambo yahinduriwe izina ikitwa Kigali Pele Stadium mu rwego rwo guha icyubahiro rurangiranwa muri ruhago Edison Arantes do Nascimento ‘Pele’.

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo iyi Stade yari imaze igihe ivugururwa yafunguwe ku mugaragaro n’Umukuru w’Igihugu wari kumwe na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Ni igikorwa cyakurikiwe n’umukino w’irushanwa rito ryateguwe na FIFA warangiye ikipe y’u Rwanda yarimo Perezida Paul Kagame itsinze iya FIFA yarimo Gianni Infantino ibitego 3-2.

Uretse Umukuru w’Igihugu, iyi kipe yarimo n’abakinnyi nka Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora FERWAFA, Jimmy Mulisa wakanyujijeho mu kipe y’igihugu ‘Amavubi’ cyo kimwe na rurangiranwa Jay Jay Okocha.

Uyu munya-Nigeria ni we watsindiye ikipe y’u Rwanda ibitego byose uko ari bitatu, mu gihe bibiri byombi by’ikipe ya FIFA byatsinzwe na Cafu wabiciye bigacika mu kipe y’igihugu ya BrĂ©sil.

Uyu mukino wakurikiwe n’uwa kabiri ikipe y’u Rwanda na none yari iyobowe na Okocha yahuriyemo n’iya CONCACAF, birangira zombi ziguye miswi ibitego 2-2.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *