Hakizimana Adolphe yongerewe mu bakinnyi Amavubi azitabaza yesurana na Bénin

Sangiza iyi nkuru

Umunyezamu Hakizimana Adolphe usanzwe akinira ikipe ya Rayon Sports, yongerewe mu bakinnyi ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ izitabaza ihura na Bénin mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire.

Les Guépards ya Bénin izakira Amavubi y’u Rwanda mu mukino wa gatatu wo mu tsinda L uzabera i Cotonou ku wa 22 Werurwe; mbere y’uwa kane amakipe yombi azahuriramo i Huye ku wa 27 Werurwe.

Kuri ubu Amavubi yamaze guhaguruka yerekeza i Addis-Abeba aho azakinira umukino wa gicuti na Ethiopie kuri iki Cyumweru, mbere yo kwerekeza muri Bénin.

Mu bakinnyi Amavubi yahagurukanye harimo abanyezamu babiri (Ishimwe Pierre wa APR FC na Ntwali Fiacre wa AS Kigali), bijyanye no kuba Kwizera Olivier usanzwe ari umunyezamu wa mbere aheruka kugira ikibazo cy’imvune.

Amakuru avuga ko Kwizera Olivier yavunikiye mu mukino wa shampiyona ya Arabie Saoudite ikipe ye yanganyijemo na Al Najmah FC igitego 1-1 ku wa Gatanu tariki ya 17 Werurwe 2023.

Iyi mvune yo ku munota wa nyuma yatumye Kwizera Olivier atabasha kwitabira ubutumire bw’Amavubi, dore ko kuri uyu wa Gatandatu ari bwo yagombaga guhurira na bagenzi be i Addis-Abeba.

Hakizimana Adolphe yahamagawe ikitaraganya mu rwego rwo gusimbura uyu munyezamu.

Biteganyijwe ko uyu munyezamu wa mbere wa Rayon Sports azahurira ba bagenzi be i Cotonou ku wa Mbere w’icyumweru gitaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *