CAF Champions league: Simba SC yakoreye ibya mfura mbi Horoya FC

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania yakatishije itike ya ¼ cy’irangiza cya CAF Champions league, nyuma yo kunyagira Horoya FC yo muri Guinée-Conakry ibitego 7-0.

Iyi kipe y’umutoza Robertinho yari yakiriye Horoya FC i Dar es Salaam, mu mukino wa gatanu wo mu tsinda C.

Simba yasabwaga kuwutsinda ubundi ikajyana muri ¼ cy’irangiza na Raja Casablanca kugeza ubu ikiriyoboye.

Byasabye umunota wa 10 wonyine w’umukino ngo umunya-Zambia Clatous Chota Chama afungure amazamu.

Simba yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 32 ibifashijwemo n’Umukongomani Jean Othos, nyuma y’iminota ine Chama ayitsindira igitego cya gatatu kuri penaliti.

Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Simba itarushaga cya Horoya iri imbere n’ibitego 3-0.

Abanya-Guinée bakomeje kunyagirwa n’imvura y’ibitego ubwo ku munota wa 54 w’umukino ubwo umunya-Mali Sadio Kanouté yatsindiraga Simba igitego cya Kane, ku wa 65 Othos atsinda icya gatanu mbere y’uko Clatous Chama atsinda icya gatandatu cyari icya gatatu cye ku munota wa 70.

Agashinguracumu ka Simba kabinetse ku munota wa 89 gatsinzwe na Kanouté.

Iyi kipe kuri ubu iri ku mwanya wa kabiri mu tsinda n’amanota icyenda, irushwa ane na Raja Casablanca yaguye miswi na Vipers igitego 1-1, gusa ikaba yaramaze kwizera kuzayobora itsinda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *