Amavubi ‘agomba kubona itike ya CAN 2023’ yatsinzwe na Ethiopie mu mukino wo kwipima

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yatsinzwe na The Walia ya Ethiopia igitego 1-0, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yari yahuriyemo kuri iki Cyumweru.

Ni umukino amakipe yombi yari yahuriyemo i Addis-Abeba mu murwa mukuru wa Ethiopie, aho Amavubi y’u Rwanda yabanje kunyura mbere yo kwerekeza i Cotonou aho agomba guhurira n’Ibitarangwe (Les GuĂ©pards) bya BĂ©nin.

Igitego cyo ku munota wa 83 w’umukino cya Kenean Markneh ni cyo cyatandukanyije impande zombi, muri uyu mukino Amavubi yateyemo igiti cy’izamu mu gice cya mbere cy’umukino.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere Amavubi agomba guhaguruka i Addis yerekeza i Cotonou, aho agomba guhurira na BĂ©nin ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha mu mukino wa gatatu wo mu itsinda L wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2023 kizabera muri CĂ´te d’Ivoire.

Ni mbere y’uwa kane w’itsinda Amavubi azakiramo Les GuĂ©pards kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ igiye gukina iyi mikino yombi nyuma y’igihe gito umutoza Carlos Alos Ferrer yongerewe amasezerano yo gukomeza kuyitoza mu myaka ibiri iri imbere.

Ni nyuma yo kwemerera FERWAFA ko agomba guhesha Amavubi itike y’Igikombe cya Afurika cya 2023.

Umutoza Carlos n’abasore be kuri ubu bari ku mwanya wa gatatu mu itsinda L n’inota rimwe rukumbi, nyuma yo kugwa miswi na Mozambique igitego 1-1 muri Afurika y’Epfo no gutsindirwa na SĂ©nĂ©gal i Dakar igitego 1-0.

Kuri iyi nshuro Amavubi arasabwa kwitwara neza imbere ya BĂ©nin mu mikino yombi, mbere yo kwakira i Huye SĂ©nĂ©gal na Mozambique mu mikino ya nyuma yo mu tsinda izasiga iciye urubanza rw’uko ibyo Carlos yijeje Abanyarwanda cyangwa bikaba ari ibidashoboka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *